NATO ni umuryango umaze kubaka ubudahangarwa mu isi cyane kubera intego yayo nk’ibihugu bibarizwa muri uyu muryango aho bihuriye ku gufashanya mu bijyanye n’umutekano na Politiki.
Bwa mbere NATO yatangijwe inashyirwaho n’ibihugu birimo Leta zunze ubumwe za Amerika,Ubwongereza,Ubufaransa Canada n’ibindi byinshi bimaze kuba bikuru mu mutekano ukaba waratangijwe kuwa 04 Mata 1949.
Uyu muryango urimo ibihugu bikomeye ku isi kuri ubu Umaze kwinjizwamo ibihugu byinshi bikabakaba muri 30 bituruka mu bice by’uburayi na Amerika ya ruguru.
Ngibi ibihugu bishya muri uyu muryango bikazemo igihe gito
Sweden: yinjiye muri NATO kuwa 07 werurwe 2024 bivuzeko imaze umwaka umwe igiye muri uyu muryango.
Finland: Iki gihugu cyinjiye mu muryango wa NATO tariki 04 Mata 2023 cyo kimazemo imyaka ibiri.
Macedonia ya ruguru: yinjiye muri NATO kuwa 27 Werurwe 2020 yo ikaba imazemo imyaka itanu.
Montenegro: yo yagiye muri NATO byeruye kuwa 05 Kamena 2017 mugihe Albania yo yinjiye muri NATO muwa 2009 kuwa 01 Mata.

