Moscow yongeye kugaragaza ko itemera burundu igitekerezo cyo kohereza ingabo z’ibihugu bya NATO mu butaka bwa Ukraine, nubwo bamwe mu banyapolitiki b’i Burayi bagaragaje ko bishoboka nyuma y’amasezerano y’amahoro yaba abonetse.
Iki gitekerezo cyagarutsweho n’abayobozi batandukanye bo mu Burayi, aho bavuze ko bishoboka ko hashyirwaho ingabo zishinzwe gusigasira amahoro (peacekeeping troops) mu rwego rwo kubungabunga umutekano n’ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano ashobora kugerwaho. Ariko ku ruhande rwa Moscow, ibyo bifatwa nk’uburyo bwo kwinjira mu ntambara ku mugaragaro.
Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Russia yavuze ko kuba ingabo za NATO cyangwa iz’Ubumwe bw’Uburayi zagera ku butaka bwa Ukraine byafatwa nk’igikorwa cyo kwinjira mu ntambara ku ruhande rwa Kyiv, bityo bikaba bidashobora kwihanganirwa.
Russia ishimangira ko ibyo bitaba ari intambwe igamije amahoro, ahubwo byongera ubushyamirane hagati ya Moscow n’ibihugu by’Uburengerazuba.
Ibyerekeye kohereza ingabo zishinzwe gusigasira amahoro byatangiye kugarukwaho n’abayobozi bamwe b’i Burayi, barimo na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza Keir Starmer, wagaragaje ko bishobora kuba kimwe mu bisubizo byo kurinda ko intambara ikomeza gusenya Ukraine n’akarere kose.
Ariko Russia yo ivuga ko nta ngabo zindi zemewe kujya muri Ukraine keretse iza Leta ya Ukraine ubwayo. Kubw’ibyo, Moscow ivuga ko kuba ingabo za NATO cyangwa izindi zoherejwe mu izina ry’amahoro kwaba ari “ukwihisha inyuma y’amahoro” ariko mu by’ukuri ari ukwiyemeza kwinjira mu ntambara.
