Ndong Mengue Chancelor warumaze iminsi akora igeragezwa muri Rayon Sport yasinyiye Gorilla FC

Umunya-Gabon Ndong Mengue Chancelor warumaze iminsi akora igeragezwa muri Rayon Sport yasinyiye Gorilla FC nyuma y’uko umutoza Lotfi atashimye urwego rwe.

Kuri uyu wa gatandatu ibinyujije kumbuga nkoranyambaga zayo ikipe ya Gorilla FC yatangaje ko yasinyishije Ndong Mengue Chancelor amasezerano y’umwaka umwe, asinye muri Gorilla nyuma y’ibyumweru bitatu akora igeragezwa muri Rayon Sport ariko bikaza kurangira urwego rwe rutarishimiwe bagahitamo kumureka ntibamufate.

Uyu musore w’imyaka 18 yarasanzwe akinira ikipe y’iwabo muri Gabon yitwa Union Sportive d’Oyem, mu mwaka ushize w’imikino yakinnye imikino 18 atsinda ibitego 5 gusa ndetse yanatanze imipira umunani yavuyemo ibitego.

Gorilla FC nyuma yo kunganya na APR FC imikino 2 yose ya gicuti yagaragaje ko arimwe mu makipe azatanga akazi gakomeye cyane mu mwaka ushize w’imikino nyuma y’uko ifite umwe mubasore nka Tansele ndetse na Akayezu jean Bosco.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

TJP Trends