Ninde uribuze kwegukana Ballon D’or 2025 kuri uyu wambere

Uyu munsi i Paris mu murwa mukuru w’Ubufaransa, haraba ibirori byo gutanga igihembo kiruta ibindi cya “Ballon D’or”

Bitandukanye nuko mu myaka yashize byagendaga aho uwabaga yatwaye Ballon D’or yamenyeshwaga mbere, kugeza aka kanya umukinnyi uza gutwara iki gihembo ntabwo nawe yiyizi. bamwe mubakinnyi bari guhabwa amahirwe kuruta abandi harimo:

Raphinha
Umukinnyi w’umunya-Brazil, amaze gukinira Barça imikino 69. Mu gihe gito amaze muri iyi kipe, yashoboye gutsinda ibitego 38 no gutanga imipira 26 yavuyemo ibitego, bituma agira umusaruro wa 64 G+A. Yaremye uburyo bukomeye bwo gutsinda 43, anatanga imipira 167 ifasha ikipe gukina neza. Imipira 88 ye yageze mu izamu ndetse yanatwaye ibikombe bitatu (3).

Lamine Yamal
Umwana w’umutoni w’uyu mukino muri Barça amaze kugaragaza impano idasanzwe. Mu mikino 65 gusa, Yamal yatsinze ibitego 19, atanga imipira 24 yavuyemo ibitego, agira 43 G+A kimwe na Raphinha. Yigaragaje nk’umukinnyi ukunda guhanga uburyo kuko yaremye uburyo 50 bw’ibyago bikomeye, anatanga imipira 115 y’ingirakamaro. Imipira ye 89 yageze mu izamu kandi nawe afite ibikombe bitatu (3).Ousmane Dembélé
Umunya-Pharansa, wabaye muri Barça ariko ubu ukinira Paris Saint-Germain, nawe afite imibare y’icyubahiro. Mu mikino 59, yatsinze ibitego 33 anatanga imipira 13 yavuyemo ibitego, agira 46 G+A. Yaremye uburyo 25 bw’ibyago bikomeye, anatanga imipira 133 y’ingirakamaro. Imipira 91 ye yageze mu izamu kandi yatwaye ibikombe bine (4), bikaba ari byo byinshi kurusha abo bahanganye.

Ikipe ya Real Madrid yamaze gutangaza ko ku nshuro ya kabiri yikurukiranya nta muntu wayo uzitabira ibi birori byo gutanga Balloon D’or kongeraho Lewandowiski na Pedri ba FC Barcelona bavuze ko bagomba kuruhuka.

Kugeza aka kanya, haracyari ururjijo ku bakinnyi ba PSG niba baza kwitabira ibi birori

Ousmane Dembélé niwe uhabwa amahirwe menshi kurusha abandi kubera ko yatwaye UEFA Champion League umwaka ushize arikumwe na PSG

Umwana muto Lamine Yamal nyuma yo gukora ibitangaza umwaka ushize nawe arahabwa amairwe menshi cyane yo kwegukana Ballon D’or 2025

Raphinha nawe ari mubahabwa amahirwe kuko mu mwaka ushize w’imikino niwe wabashije gutsinda ibitego byinshi ibitego 38 no gutanga imipira 26

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

TJP Trends