Perezida kagame yarebye umukino wahuje Arsenal na Paris Saint-Germain

Perezida kagame wagiriye uruzinduko mu Bufaransa, yakurikiye umukino wo kwishyura wa  cya UEFA Champions League, wahuje Arsenal na Paris Saint-Germain amakipe yombi asanzwe afitanye ubufatanye n’u Rwanda mu kwamamaza Visit Rwanda.

Ni umukino wakinwe mu ijoro ryo ku wa Gatatu, tariki ya 7 Gicurasi 2025, ukinirwa kuri stade ya Parc des Princes ndetse ukurikirwa n’abayobozi batandukanye barimo abanyapolitiki n’abanyamupira.

Muri bo harimo Perezida Paul Kagame wari kumwe n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha lgifaransa (0IF), Louise Mushikiwabo. Hari kandi Perezida w’ishyirahamwe rya Ruhago i Burayi (UEFA), Aleksander Ceferin n’abandi.

K’umugoroba washize nibwo ikipe ya PSG yari yakiriye ikipe ya Arsenal kuri Parc de Princes m’umukino wo kwishyura wa ½ cya UEFA Champion League byarangiye ikipe ya PSG isezereye Arsenal ku giteranyo cy’ibitego 3-1, kuko umukino ubanza PSG yari yatsinze igitego 1-0, m’umukino wo kwishyura  PSG yatsinze Arsenal 2-1, birngira PSG isanze Inter Milan k’umukino wa nyuma wa UEFA Champion League.

Nyuma y’uko ikipe ya Arsenal isezerewe bikarangira umwaka w’imikino ubaye imfabusa kuko nta gikombe na cyimwe bazegukana kuko bamaze gusezererwa mu marushanywa yose bitabiriye, nyamara abafana ba Arsenal bari biteze ibirenze ibyo babonye.

Umutoza wa Arsenal Mikel Arteta nyuma yuko asezereweyatangaje ko aribo kipe yabaye nziza, Arteta yavuze ko 100% yizeye ko Arsenal ari yo kipe nziza mu mikino yose yakinnye muri iri rushanwa, ndetse ko kutagera ku mukino wa nyuma biterwa n’uburyo bwegereye bwo gutsindwa gusa.

Yagize ati: “Ijana ku ijana sinkeka ko hari indi kipe irusha Arsenal uburyo twitwaye muri iri rushanwa. Twatsinzwe ariko twari twarihebye duhanganye n’ishyano ryinshi. Ntekereza ko turusha PSG.”

 Yakomeje agira  ati: “Bimpa ishema. N’iyo batsinzwe, icyizere cyabo n’uburyo bitangiye byantangaje. Uyu munsi nashimiye buri umwe uko yakinnye, kuko nk’umutoza bintera ishema.”

Yakomeje kandi avuga ko : “Twabonye amahirwe menshi cyane, cyane ku ruhande rwa Marquinhos. Twari hafi gutsinda, ndababaye ariko sinicuza.”

Mikel Arteta mu myaka 5 amaze atoza ikipe ya Arsenal amaze gutwara Igikombe kimwe cya FA Cup,

Ibikombe bibiri bya Community Shield, Inshuro ebyiri babaye aba kabiri muri Shampiyona y’Ubwongereza.

Perezida Kagame yakurikiye umukino wa Paris Saint-Germain na Arsenal

Perezida wa UEFA, Aleksander Čeferin, nawe ari mubitabiriye umukino

Perezida wa Paris Saint-Germain, Nasser Al-Khelaifi ubwo yishimiraga insinzi

Umuyobozi wa Arsenal, Josh Kroenke nawe yari Parc de princes

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

TJP Trends