APR BBC yatsinze Petro de Luanda amanota 75-57 mu mikino ya nyuma ya BAL iri kubera muri South Africa

APR BBC ihagarariye u Rwanda mu mikino ya nyuma ya BAL iri kubera muri South Africa, yatsinze Petro de Luanda amanota 75 kuri 57.Iyi kipe ya Petro de Luanda niyo yaherukaga kwegukana irushanwa rya BAL.

Ikipe ya APR BBC yitabiririye imikino ya nyuma ya BAL iri kubera muri South Africa nyuma yo kweguka umwanya wa gatatu mu mikino yanyuma ya Nile Conference yabereye i kigali muri BK Arena mu kwezi gushize ubwo yatsindaga imikino itatu yasabwaga gutsinda kugira ngo ibashe kwegukana itike yo gukina imikino ya nyuma ya BAL 2025,murabyibuka ubwo yatsindaga Nairobi city Mu masegonda atatu yanyuma.

ikipe ya APR BB C iyi n’insinzi ikomeye cyane kuko yatsinze ikipe ikomeye yaherukaga no kwegukana irushanywa riheruka, ibi bikaba byazamura icyizere gikomeye cyane ku ruhande rw’abasore ba APR BBC bakaba bazabasha no kwitwara neza mu mikino ikuriyeho.

APR BBC izahura n’itsindwa mu mukino uhuza US Monastir yo muri Tunisia na Rivers Hoopers yo muri Nigeria zikina kuri uyu mugoroba.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

TJP Trends