Muri iyi wikendi, shampiyona y’u Bwongereza (Premier League) yakomeje gukinwa, aho amakipe amwe yakina umunsi wa 27 andi akina umunsi 26.amakipe amwe yitwaye neza, mu gihe andi yakomeje kujya ahabi bikomeje kugorana.
Umwe mu mikino wari utegerejwe cyane nabantu bose ni uwo Liverpool yakiriyemo Manchester City , kuri icyi cyumweru 8:30, aho iyi kipe y’umutoza ENZO MARSK yatsinze City ibitego 2-0, ikomeza kwerekana ko ari yo kipe iri mu mwanya mwiza wo kwegukana igikombe C shampiyona y’umwaka mu igihugu cy’ubwongereza. Gutsinda uyu mukino byashyize Livapool munzira nziza cyane kuko ubu iri kurusha ikipe iyikurikiye ariyo Arsenal amanita 11. Mohamed Salah na Dominik Szoboszlai nibo bafashije Livapool kwitwara neza imbere ya city bisiga ubu yicaye ku mwanya wa mbere n’amanota 64.
Mohamed Salah yongeye kwerekana ko ari umwe mu bakinnyi bari mu bihe byiza muri uyu mwaka wa 2024/2025, aho amaze gutsinda ibitego 23 no gutanga assists 14. Uyu Munyamisiri ari mu bafasha Liverpool kwitwara neza, by’umwihariko muri iyi mikino ya shampiyona aho amaze kugira uruhare rw’ibitego 37 mumikino 27.
Ikipe ya machester city nyuma yuko isezerewe muri champion League nubundi pepe Guardiola n’abasore be bakomeje kujya mumazi abira imikino ikomeje kuba myinshi nta nsinzi babona aho kurubungubu bahagaze ku mwanya wa kane namanota 44
Ibi byabaye nyuma y’uko ku munsi wo ku wa Gatandatu, Arsenal idafite abasore bayo cyane cyane abasatira aribo Bukayo saka, na kai hevertz ,yatunguwe na West Ham United, iyitsinda igitego 1-0. Mikel Arteta n’abasore be bongeye kugwa mu bihombo, byongera gushyira ku byago byabo byo gukomeza guhatanira igikombe cy’umwaka. Uyu musaruro mubi wa Arsenal watumye Liverpool ikomeza kugira amahirwe menshi yo gutwara igikombe cya shampiyona bisa naho amahirwe ari kugenda ayoyoka .
Manchester United Ikomeje Kugorwa
Ku rundi ruhande, ikipe ya Manchester United na yo yongeye kugira ibihe bikomeye, kuko yanganyije na Everton ibitego 2-2. Nubwo United yagarutse mu mukino nyuma yo kuba inyuma ku bitego bibiri, biracyagaragara ko igifite imbogamizi nyinshi. Ibi biravugwa cyane cyane kuko bamwe mu bakinnyi yatije andi makipe bari kwitwara neza, mu gihe abo ifite ubu batari kugaragaza urwego rwiza. Yaba antony ndetse na Rashford batijwe mumakipe batijwemo bari kwitwara neza gusa abasigaye muri machester united ntakintu bari kugaragaza ahubwo iyi kipe yama shitani atukura ikomeje kujya ahabi kuva roben amorim nawe yaza ntakintu kizima arereka abakunzi biyi ikipe usibye guhora itsindwa gusa. Machester united ihererye ku mwannya wa 15 aho ubu ifite amanita 30 gusa mumikino 27 bamaze gukina muri uyu mwaka.
Shampiyona iracyakomeje, ariko Liverpool iri kuyobora neza, mu gihe amakipe nka Arsenal na Manchester United agifite ibibazo byo gushaka umusaruro mwiza. Icyakora, Premier League izwiho kuba shampiyona y’ubusumbane bucye, bityo bishobora guhinduka mu minsi iri imbere.
Uko urutonde rwagateganyo ruhagaze kugeza kurubu





