Mu mukino w’ishiraniro warutegerejwe n’abatari bacye ikipe ya Arsenal yasanze Manchester United m’urugo kuri sitade Old Trafford iyihatsindira igitego 1-0.
Kuri icyi cyumweru Primier League imikino yakomeza aho bagikina umunsi wa mbere wa shampiyona , umwe mu mikino yaritegerejwe n’abantu benshi cyane n’umukino wahuje ikipe Manchester United yari yakiriye ikipe ya Arsenal mu mukino w’ishiraniro wabereye kuri sitade ya Old Trafford guhera ku isha ya sa 17:30.
Amakipe yombi yagerageje kwitwara ku isoko ryigura n’igurisha ry’abakinnyi dore ko bagiye bagerageza kwinjizamo abasore bagiye batandukanye kandi bakomeye baguzwe amafaranga menshi kuri buri mpande zombi, haba kuruhande rwa Manchester United Brayn Mbeumo ndetse na Mathius Cuhna bose bari babanje mu kibuga uretse Benjamini Sesko winjiye mu kibuga asimbuye, kuruhande rwa Arsenal nayo yari yamanuye rutahizamu wabo Viktor Gyökeres.
Umukino waje gutangira Ikipe ya Manchester United ariyo iri hejuru cyane abasore ba Arsenal biruka k’umupira ndetse banawubuze, ikipe ya Arsenal n’ubwo yatsinze wabonaga ko kuri uyu mugoroba ititwaye neza m’uburyo bw’imikinire, gusa n’ubwo ikipe ya Manchester United yarimo ikina neza ndetse irema n’uburyo bw’ibitego ari kumakosa y’umunyezamu Altay Bayındır k’umupira waruturutse muri koroneli maze anairwa kuwukuramo birangira umupira wisangiye Riccardo Calafiori ahita atsinda igitego cyiza cyane cy’umutwa, .
Nyuma yo gutsindwa igitego ikipe ya Manchester United yarushije ikipe ya Arsenal k’uburyo bukomeye nk’aho k’umunota wa 39 umusore Mathius Cuhna yaratsinze igitego ariko umunyezamu Raya witwaye neza umupira awukuramo, Patric Drgu nawe yateye ishiti rikomeye ariko rifata igiti gihagaza umupira uvamo k’umunota wa 41, ariko n’ubundi igice cya Mbere kiza kurangira Ari ubusa k’ubusa.
Mu gice cya kabiri n’ubundi ikipe ya Manchester United yakomeje kurusha ikipe ya Arsenal k’uburyo bukomeye abasore barimo ba Brayn Mbeumo bagerageje uburyo bw’inshi cyane nk’aho k’umunota wa 67 yateye umupira n’umutwe ari ariko David Raya Umupira awukuramo, ikipe ya Arsenal yasimbuje inshuro eshanu zose, Benjamini Sesko nawe yaje kwinjira mu kibuga asimbuye Mouson Mount k’umunota wa 71 gusa ntacyo yabashije gufasha ikipe ya Manchester United umukino uza kurangira ikipe ya Asenal itahukanye amanota atatu n’insinzi y’igitego 1-0 n’ubwo mu kibuga ikipe ya Manchester United Ariyo yihariye umukino.
Undi mukino wabaye ikipe ya Chelsea yanaiwe gutsinda ikipe ya Newcastle m’urugo bahanganyiriza 0-0
