Mu ijoro ryo ku wa Gatandatu, tariki ya 25 Gicurasi 2025, Uburusiya bwatangije igitero kinini kurusha ibindi kuva intambara ya i Ukraine yatangira mu 2022. Mu masaha make gusa, indege zitagira abapilote (drones) 298 hamwe na misile 69 byoherejwe ku mijyi itandukanye ya Ukraine, harimo umurwa mukuru Kyiv, Kharkiv, na Ternopil. Ni igitero cyasize abantu 12 bishwe, barimo abana batatu, abandi barakomereka, amazu nāibikorwa remezo birasenyuka.
Ubu buryo bwo kugaba ibitero budafite intego za gisirikare zifatika, ahubwo bugamije kwica abasivile no gusenya ibikorwa remezo byāabaturage, bwatangiye kwitwa āiterabwoba ryo mu kirereā. Abasesenguzi bavuga ko ubu ari uburyo Perezida Vladimir Putin yihitiyemo mu gukomeza guhatana no kwerekana ko adatsinzwe muri uru rugamba rumaze imyaka itatu.
Kuki Putin yihitiyemo iterabwoba ryo mu kirere?
Abayobozi mu Burayi nāAmerika bavuga ko ibitero nkāibi bifite intego ebyiri:
- Guca intege abaturage ba Ukraine, kubambura icyizere no guteza ihungabana rusange;
- Kwiyerekana nkāutsinda mu ntambara imbere mu gihugu no ku ruhando mpuzamahanga.
Nkāuko byatangajwe na The Daily Digest, ibi bikorwa bidafite inyungu za gisirikare zihamye bifatwa nka propagande ya Kremlin yo gushimangira ko Moscow ikiri hejuru, ndetse binaba ubutumwa bugenewe ibihugu byāi Burayi.
Icyemezo cyāu Burayi cyo kuva ku mabwiriza yo kwirinda gutanga intwaro za kure
Mu minsi ishize, ibihugu bimwe byo mu Burayi byatangaje ko bitagikurikiza amabwiriza yari yarabujije gutanga intwaro zishobora kugera kure. Umunyapolitiki wo mu Budage witwa Merz yatangaje ati:
āNka kumwe navuze ejo hashize, ibihugu byari byarashyizeho imipaka yāuburebure intwaro zishobora kugeraho, byamaze kuva kuri ayo mabwiriza. Ibi bishobora kuba atari ibisubizo biturutse ku bitero bya vuba, ariko ni ubutumwa butaziguye bugenewe Perezida Putin.ā
Ibi byemezwa ko ari igisubizo cya politiki kuri izo ntwaro zāiterabwoba za Kremlin. Birerekana ko amahanga atagifite ubushake bwo kurebera gusa ibikorwa byo kwibasira abaturage bāinzirakarengane.
Impamvu Amerika itinda gufatira ibihano bishya Uburusiya
Nubwo ibihugu byinshi byamaganye ibi bitero bikabije, ibihano bishya ku Burusiya ntibirafatwa nāabayobozi ba Amerika. Perezida Donald Trump, uherutse gutorerwa manda ya kabiri, yatangaje ko atishimiye ibyo Putin yakoze ariko ko agomba kubanza gusesengura neza mbere yo gufata icyemezo cyo gushyiraho ibihano bishya. Hari kandi amakuru avuga ko Trump atishimiye uburyo Perezida Zelenskiy wa Ukraine akomeje gusaba ubutabazi bwa gisirikari budasubirwaho.
Icyo bivuze kuri Ukraine nāumutekano wāIsi
Ubu buryo bushya bwāintambara, aho ibisasu nāindege zitagira abapilote byoherezwa ku baturage aho kubo ku basirikare, bwongeye kwerekana ko iyi ntambara itakiri urwāamabombe gusa, ahubwo yinjiriye mu rugamba rwāiterabwoba no guhindura abaturage igikoresho cya politiki.
Mu gihe Ukraine ikomeje gusaba intwaro zo kwirwanaho no gusaba isi guhagarika Putin, amahanga yose arareba, abashishoza, bategereje niba uburenganzira bwa muntu buzarindwa cyangwa niba bwongera gutsindwa nāinkubiri yāiterabwoba ryāikirere ridasize nāabana bato.
Ibitero byāUburusiya ku baturage ba Ukraine bigaragaza intambara nshya, aho imbaraga za gisirikare zikoreshwa mu buryo bwa politiki nāiterabwoba. Perezida Putin, ubona ko intambara imaze imyaka itatu itagenda nkāuko abishaka, yahisemo gukoresha iterabwoba nkāintwaro yo kwerekana ko agifite ijambo. Ariko igisubizo cyāamahanga, cyane cyane Uburayi, kigaragaza ko isi itagomba kwemera ko ubutegetsi bwose bwigarurira abaturage binyuze mu bwoba nāubwicanyi.
