Rayon Sports yanganyije na Musanze FC ibitego 2-2 mu mukino w’umunsi wa 16 wa Shampiyona, wabereye kuri Kigali Pele Stadium ku Cyumweru, tariki ya 9 Gashyantare 2025.
Uyu mukino watangiye Rayon Sports isatira, aho ku munota wa 2’ Omborenga Fitina yahinduye umupira mu rubuga rw’amahina, Fall Ngagne awukoraho, ariko umunyezamu Nsabimana Jean de Dieu aritambika, umupira ujya hanze. Ku munota wa 23’, Rayon Sports yabonye uburyo bukomeye ku ishoti rikomeye ryatewe na Omar Gning, ariko Nsabimana arikuramo n’ibipfunsi.
Ku munota wa 25’, Musanze FC nayo yabonye uburyo bukomeye ubwo Lethabo Mathaba yacengaga abakinnyi batatu ba Rayon Sports, ariko Youssou Diagne amukoraho mbere yo kwinjira mu rubuga rw’amahina. Ku munota wa 37’, Rayon Sports yongeye kubona amahirwe ku mupira uteretse watewe na Bugingo Hakim, ariko Nsabimana arongera arawukuramo.
Mbere y’uko igice cya mbere kirangira, umusifuzi wa kane yongeyeho iminota umunani. Ku munota wa 45+5’, Rayon Sports yafunguye amazamu ku gitego cyatsinzwe na Fall Ngagne n’umutwe, kuri koruneri yari itewe na Muhire Kevin, aba yuzuza ibitego 10 muri Shampiyona. Nyuma y’iminota ibiri gusa, Musanze FC yishyuye ku mupira watewe na Sunday Imenesit, ukoze ku mukinnyi wa Rayon Sports uruhukira mu izamu. Igice cya mbere cyarangiye amakipe yombi anganya igitego 1-1.
Mu gice cya kabiri, Rayon Sports yakoze impinduka aho Aziz Bassane yasimbuwe na Adama Bagayogo. Rayon Sports yakomeje gusatira, ariko Musanze FC nayo yakomeje kwihagararaho. Ku munota wa 58’, Rayon Sports yongeye gukora impinduka, Iraguha Hadji asimburwa na Biramahire Abeddy wakinaga umukino we wa mbere muri iyi kipe.
Ku munota wa 79’, Rayon Sports yongeye kuyobora umukino ku gitego cyatsinzwe na Fall Ngagne n’umutwe, kuri koruneri ya Muhire Kevin, aba yuzuza ibitego 11 muri Shampiyona. Gusa ku munota wa 89’, Musanze FC yatsinze igitego cya kabiri cyatsinzwe na Adeshola Johnson n’umutwe ku mupira uteretse wari utewe na Konfor Bertrand.
Rayon Sports yakomeje gusatira ishaka igitego cya gatatu cyari kuyifasha gukomeza gusiga APR FC amanota atanu, ariko ntibyashobotse. Umukino warangiye amakipe yombi anganyije ibitego 2-2.
Rayon Sports yagumye ku mwanya wa mbere n’amanota 37, irusha APR FC ya kabiri amanota atatu. Musanze FC yo yafashe umwanya wa 10 n’amanota 17.
Indi mikino yabaye ku munsi wa 16
- Amagaju FC 0-1 Etincelles FC
- Marines FC 3-0 Gasogi United




