Ikipe ya Rayon Sport yifatiye Vipers yo muri Ugandanda mzae iyitsindira ku itara ry’inyamirambo ibitego 4-1 mu mukino wa gicuti wabaye kuri uyu wa mbere.
Kuri uyu wa mbere tariki ya 1 Nzeri 2025 kuri kigali Pele Stadium habereye umukino wa gicuti wo kwitegura umwaka utaha w’imikino wa 2025/ 2026 , aho ikipe ya Rayon Sport yifatiye ikipe ya Vipers yo muri Uganda maze iyitsinda ibitego 4-1.
Byari ibyishimo byinshi kubakunzi ba Rayon Sport nyuma y’uko yaherukaga kwandagazwa n’ikipe ya Yanga kuri Rayon day , nayo yihimuriye kuri Vipers maze iyinyagira ibitego 4-1, n’umukino watangiye ku isaha ya 18h00, aho umukino watangiye amakipe yombi asatira ariko ukabona ikipe ya Rayon Sport wabonga ko igerageza gusatira, gusa k’umunota wa 2 gusa ikipe ya Vipers yafunguye amazamu kumakosa y’abamyugariro ba Rayon Sport bananiwe gukuraho umupira maze Moses WAISSA abatsinda igitego ku ishoti rikomeye yatereye inyuma y’urubuga rw’amahinda.
Ikipe ya Rayon yatangiye itsindwa igitego hakiri kare yatangiye kwataka k’uburyo bukomeye gusa byasbye umunota wa 35 kujyira ngo yishyure igitego cyatsinzwe na Rutahizamu Yves HABIMANA, ikipe ya Rayon sport nyuma yo kwishyura igitego yakomeje kwataka maze k’umunota wa 41 kumakosa ya myugariro ba Vipers bananiwe gukura umupira imbere y’izamu Gloire TAMBWE atsinda igitego cya kabiri, birangira igice cya mbere Rayon iyoboye n’ibitego 2-1.
Mu gice cya kabiri nabwo Rayon Sport wabonaga ko uyu mugoroba yari imeze neza, yakomeje kwataka ariko igenda ihusha ibitego byinshi gusa byaje gusaba ko k’umunota wa 70 Umurundi Asman NDIKUMANA uheruka kugurwa na Rayon Sport kuri kufura nziza cyane yatereye nko muri metero 30 atsinda igitego cya 3 Rayon Sport nyuma y’iminota umunani Asman NDIKUMANA yonjyera kwigarurira imitima yaba Rayon atsinda igitego 4 nyuma maze abafana bajya mubirerere batangira kuririmba Asman NDIKUMANA.
Umukino warangiye ikipe ya Rayon Sport itsinze Vipers ibitego 4-1.
















