Real Madrid irifuza gusinyisha Álvaro Carreras, umukinnyi ukina inyuma ibumoso muri Benfica

Real Madrid nyuma y’uko isa naho igize umwaka w’imikino utari mwiza nyuma y’uko isezerewe muri ¼ na Arsenal muri UEFA Champion League, muri La Liaga ikaba irushwa amanota ane na Barcelona kandi bagifitanye umukino bisa naho uyu mwaka w’imikino ikipe ya Barcelona imaze gutsinda Real Madrid  imikino 3 yikurikiranya harimo nuheruka wabahurije k’umukino wa nyuma wa Cpper Deley bikarangira nabwo ibatsinze ibitego 3-0, irifuza gusinyisha Álvaro Carreras, umukinnyi ukina inyuma ibumoso muri Benfica

Ikipe ya Real Madrid iri gushaka gusinyisha Álvaro Carreras, umukinnyi ukina inyuma ibumoso ukinira Benfica. Uyu musore w’imyaka 22 ni we ugaragazwa nk’umukinnyi wa mbere ushobora kuzuza uwo mwanya muri iyi mpeshyi, akba yazaza kuziba icyuhe cyagiye kigaragara m’ubusatirizi by’umwihariko kuruhande runyura Mendy utarigeze wemerwa n’abafana ba Real Madrid.

Carreras yigeze gukinira Real Madrid mu bakiri bato mbere yo kwerekeza muri Benfica, aho amaze gukina imikino 63 muri uyu mwaka w’imikino, agatsinda ibitego 9. Imyitwarire ye myiza yatumye akurura amakipe akomeye nka Real Madrid na Atlético Madrid.

Umutoza wa Benfica, Bruno Lage, yemeje ko koko Real Madrid ifite inyota yo gusinyisha Carreras.

Benfica ishyize Carreras ku isoko ku giciro cya miliyoni 60 z’amayero, ariko Real Madrid irimo gushaka uburyo bworoshye bwo kumwegukana. Manchester United, ikipe Carreras yigeze gukinamo, ifite uburenganzira bwo kumugarura ku miliyoni 18. Gahunda ya Madrid ni uko United yamusinyisha ikamugurisha Madrid ku mafaranga ari hagati ya miliyoni 30–35 z’amayero.

Real Madrid irifuza gusinyisha Álvaro Carreras, umukinnyi ukina inyuma ibumoso muri Benfica

Benfica ishyize Carreras ku isoko ku giciro cya miliyoni 60 z’amayero

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

TJP Trends