Tombola y’icyiciro cya ⅛ cya UEFA Champions League yabaye kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 21 Gashyantare 2025, yasize Real Madrid yisanga izacakirana na Atlético Madrid. Uyu mukino uzongera guhuza aya makipe abiri asangiye umujyi wa Madrid, bikaba biteganyijwe ko uzaba umwe mu mikino ikomeye muri iki cyiciro.
UEFA Champions League mu buryo bushya
Uyu mwaka, UEFA Champions League iri gukinwa mu buryo bushya aho amakipe yabonye itike ya ⅛ anyuze mu mikino yakinwe mu buryo bwa League. Amakipe atabonye itike yahise yinjira mu mikino ya kamarampaka, maze hakavamo andi umunani agomba gukina muri iki cyiciro.
Iyi tombola yabereye i Nyon mu Busuwisi, ikaba yarakurikiwe n’abakunzi b’umupira w’amaguru batari bake. Real Madrid yageze muri iki cyiciro nyuma yo gusezerera Manchester City, izahura na Atlético Madrid nayo yitwaye neza mu mikino ya kamarampaka.
Umukino ukomeye hagati ya Real Madrid na Atlético Madrid
Real Madrid na Atlético Madrid si ubwa mbere bahurira muri iki cyiciro cya Champions League. Aya makipe amaze iminsi ahanganye bikomeye haba muri Shampiyona ya Espagne (La Liga) ndetse no mu marushanwa mpuzamahanga. Igihe bahuye mu bihe byashize, Real Madrid yakunze kugira amahirwe menshi yo gutsinda Atlético Madrid ariko umukino uheruka kubahuza byarangiye bangaya 1-1 byari muri champion(La Liga).
Umukino ubanza uzabera kuri Santiago Bernabéu hagati ya tariki 4 na 5 Werurwe 2025, mu gihe uwo kwishyura uzabera kuri Riyadh Air Metropolitano hagati ya tariki 11 na 12 Werurwe.
Uko andi makipe azahura muri UEFA Champions League
- PSG vs Liverpool
- Feyenoord vs Inter Milan
- Borussia Dortmund vs LOSC Lille
- Club Brugge vs Aston Villa
- PSV vs Arsenal
- Bayern Munich vs Bayer Leverkusen
- Benfica vs FC Barcelona
Imikino yitezwe cyane
Uretse Real Madrid na Atlético Madrid, indi mikino yitezwe cyane ni iyihuza Paris Saint-Germain na Liverpool. PSG iyobowe na Kylian Osumani Dembele na Liverpool iyobowe na Mohamed Salah, bizaba ari urugamba rukomeye hagati y’amakipe yombi imwe niyo mugihugu cy’ubwongereza indi niyo mu france.
Indi mikino ikomeye izahuza Bayern Munich na Bayer Leverkusen mu mukino uzaba ari uguhangana kw’amakipe akomeye yo mu Budage. Nanone, FC Barcelona izakina na Benfica, aho izagerageza kwitwara neza kugira ngo igere mu cyiciro gikurikira.
Aya makipe yose azahangana kugira ngo abashe kugera muri ¼ cy’irangiza cya UEFA Champions League. Umusaruro uzava muri iyi mikino uzatanga ishusho y’aya makipe uko ahagaze muri iri rushanwa rikomeye ku mugabane w’u Burayi.

Real Madrid izacakirana na Atlético Madrid muri 1/8 cya UEFA Champions League

Livapool yo mu bwongereza izacakirana na PSG yo muri France

Irushanwa rya UEFA Champions League rigeze 1/8
