Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) Yafunze Imbugankoranyambaga Zose Mugihe Umutekano Ucyifashe Nabi.

Inkuru dukesha ivuga ko Mu gihe intambara ikomeje gukaza umurego mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), guverinoma y’iki gihugu yafashe icyemezo cyo guhagarika imbuga nkoranyambaga zirimo X (Twitter), TikTok, na porogaramu ya Google Play Store. Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’uko umutwe wa M23 wigaruriye umujyi wa Goma, byakuruye impaka ndende ku mpamvu nyayo y’iri fungwa.

Impamvu Zitangwa na Guverinoma
Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Jacquemain Shabani, yavuze ko izo mbuga zavuye ku murongo kubera “ikibazo cya tekinike”, avuga ko kiri gukemurwa. Ati: “Ndabizeza ko ibi biba byakemutse vuba na bwangu, hari ibibazo bya tekinike byari byabayeho ariko turi kubikemura.” Ariko, abasesenguzi n’abaturage benshi bagize impungenge ko ibi bisa n’uburyo bwo gukumira itangazamakuru no guca intege abashaka kumenya ukuri ku bibera mu gihugu.


Sosiyete y’Abongereza NetBlocks, ikurikirana ibijyanye no gukumirwa kw’ikoranabuhanga, yemeje ko izi mbuga nkoranyambaga zafunzwe. Isik Mater, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubushakashatsi muri NetBlocks, yabwiye Jeune Afrique ati: “Twahamya ko TikTok, X/Twitter, Google Play Store zifunzwe zose muri RDC.”

NetBlocks kandi yatangaje ko gukumira Google Play Store bishobora kuba bigamije kubuza abaturage gukoresha VPN (Virtual Private Network) bashobora kwifashisha mu gucengera iyo nkuta ya interineti.

Ingaruka ku Burenganzira bwa Muntu
Abaharanira uburenganzira bwa muntu bavuga ko iki cyemezo kibangamiye uburenganzira bwo gutanga ibitekerezo no kubona amakuru, nk’uko biteganywa n’ingingo ya 23 na 24 z’Itegeko Nshinga rya RDC. Julie Owono, Umuyobozi wa Internet Sans Frontières, yavuze ko gufunga izi mbuga bidakwiye. Ati: “Iyi ni impamvu y’abayobozi bashishikajwe no kuniga uburenganzira bwo gutanga ibitekerezo binyuze ku mbuga nkoranyambaga. Yego haba amakuru y’ibihuha ariko iyo si impamvu yo gukumira ibitekerezo bivuye kuri X na TikTok.”

Imyumvire ya Guverinoma ku Mbuga Nkoranyambaga
Ku wa 19 Mutarama 2025, Christian Bosembe, Umuyobozi w’Inama Nkuru ishinzwe ibitangazamakuru by’amajwi n’amashusho n’itumanaho, yagaragaje impungenge ku gukwirakwiza amakuru atari yo kuri TikTok. Yanditse kuri X ati: “Mbabajwe n’uko TikTok iri guhinduka intwaro y’icengezamatwara ripfuye mu gihugu cyacu.”

Ibi byakurikiwe n’igitutu yashyize ku banyamakuru batinyutse kuvuga ku ntsinzi y’umutwe wa M23, aho kubyandika byafatwaga nk’uguca inyuma igihugu.

Impamvu Abaturage Basaba Ifungurwa ry’Imbuga Nkoranyambaga
Abanye-Congo benshi basanga imbuga nkoranyambaga ari inkingi y’ingenzi mu kubona amakuru y’ukuri, cyane cyane mu bihe nk’ibi igihugu kiri mu bibazo by’umutekano. Bavuga ko gukomeza gufunga izi mbuga bigira ingaruka mbi ku bwisanzure bwo gutanga ibitekerezo no kumenya amakuru.


Abasesenguzi b’ibijyanye n’uburenganzira bwa muntu n’itangazamakuru basanga gufunga imbuga nkoranyambaga atari cyo gisubizo ku bibazo bya politiki n’umutekano. Ahubwo, basanga ari ingenzi ko guverinoma ikorana n’itangazamakuru mu gukwirakwiza amakuru y’ukuri aho gukoresha inzira yo kubihisha.


Mu gihe RDC ikomeje guhura n’ibibazo by’umutekano mu Burasirazuba, gufunga imbuga nkoranyambaga birakomeza kuba impamvu y’impaka ndende hagati ya guverinoma n’abaturage. Abahanga mu by’itumanaho n’uburenganzira bwa muntu basaba ko hashyirwa imbere politiki y’ubwisanzure bwo gutanga ibitekerezo no kubona amakuru, kuko ari byo bizafasha igihugu kugera ku mahoro arambye.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

TJP Trends