Tour du Rwanda 2025 irihariye

Kuri iki Cyumweru, nibwo Tour du Rwanda edition 17th iratangira gukinwa  ku munsi wayo wa mbere w’irushanwa ry’amagare rya Tour du Rwanda 2025, aho abakinnyi 69 aribo bari butangire urugendo rwabo kuri BK Arena. Abafana b’umukino w’amagare batangiye kugera i Remera mu gitondo, bishimira kureba iri siganwa rikomeye ku rwego mpuzamahanga.

Agace ka mbere kisiganwa gashingiye kuri Prologue

Uyu munsi wa mbere w’irushanwa watangiye saa Tanu n’igice aho buri mukinnyi yahagurukaga wenyine, agasiganwa n’igihe ku ntera y’ibilometero 4,1. Umukinnyi wa mbere wahagurutse ni Nzafashwanayo Jean Claude ukinira Centre Mondiale Cyclisme, akurikirwa n’abandi bakinnyi buri nyuma y’umunota.

Polisi y’u Rwanda yatanze inama ku bafana n’abaturage gukomeza kwirinda icyahungabanya imigendere myiza y’iri siganwa. ACP Boniface Rutikanga yavuze ko mu mijyi minini nka Kigali hazabaho impinduka mu gukoresha imihanda, ariko ubuyobozi buzashyiraho ingamba zo kuyobora abagenzi no gukomeza umutekano w’iri rushanwa.

Amakipe 14 ahataniye gutwara Tour du Rwanda 2025

Uyu mwaka, Tour du Rwanda yakiriwe n’amakipe 14 mu gihe byari biteganyijwe 16. Ikipe ya Soudal Quick-Step Dev. Team yo mu Bubiligi n’Ikipe y’Igihugu ya Angola ntizabashije kwitabira. Afurika y’Epfo ifite abakinnyi bane, bituma abahatana uyu munsi baba 69.

Tour du Rwanda 2025 ni umwihariko

Iri siganwa rihuriranye n’amateka akomeye, kuko uyu mwaka u Rwanda ruzakira Shampiyona y’Isi y’Amagare muri Nzeri uyu mwaka. Ni inshuro ya 17 Tour du Rwanda igiye kuba, ikaba ikomeje kwiyubaka nk’irushanwa mpuzamahanga rikomeye dore ko iri mumarushanwa abiri akomeye muri Africa mumukino w’amagare kugeze ubu.

Abanyarwanda benshi bakurikirana iri siganwa ku buntu, rikaba rihuriza hamwe abafana b’umukino w’amagare mu gihugu hose. Abakinnyi bakomeye barahatana, hakaba hitezwe kureba uzegukana igikombe cy’uyu mwaka.Uyu mwaka abanyarwa bitezweho kuzerekana icyo bashobo dore ko kuva irisiganwa kuva ryazamurwa kuruhando mpuzamahanga abayarwa batarabasha kuryegukana ahubwo bamaze kwegukana agace kamwe gusa.

Uyu mwaka Tour du Rwanda izakinwa kuntera ya  840 km bazenguruka igihugu cyose cyu Rwanda. Ni kunshuro ya karindwi iri siganwa rigiye gukinwa riri ku rwego rwa 2.1 nyuma y’atandatu aheruka, yegukanywe n’Abanya-Erythrée; Merhawi Kudus mu 2019, Natnael Tesfazion mu 2020, Umunya-Espagne Cristian Rodriguez, Natnael Tesfazion mu 2022, Henok Mulubrhan mu 2023 n’Umwongereza Joe Blackmore mu 2024.

Tour du Rwanda yatangiye gukinwa mu 1988 icyo gihe yari itaraba mpuzamahanga, yabaye mpuzamahanga kuva mu 2009, aho yashyizwe ku cyiciro cya 2.2 kugeza mu 2018 kuri ubungubu ikaba isigaye yitabirwa nabakinyi bakina Tour de France nabandi bagiye bakomeye kubera ko iri kurwego rwo hejuru mu imikino mpuzamahanga yo gusiganwa ku amagare ku isi hose.

12:04

dimanche, 23/02/2025

Abakinnyi 33 ni bo bamaze guhaguruka

Mu gihe biteganyijwe ko umukinnyi wa nyuma ahaguruka saa Sita n’iminota 38, kuri ubu hamaze guhaguruka abakinnyi 33 aho ugezweho ari Umutaliyani Ernea Sambinello wa UAZ.

Mauro Cuylits wa Lotto Dstny Dev. Team ni we ugifite ibihe byiza.

11:52

dimanche, 23/02/2025

Amwe mu mafoto y’abakinnyi bahaguruka

11:43

dimanche, 23/02/2025

Umukinnyi ufite ibihe byiza yateguriwe intebe yo kwicaramo

Ahasorezwa isiganwa hateguwe intebe igenewe umukinnyi umaze gukoresha ibihe byiza mu isiganwa.

Kuri ubu umukinnyi ufite ibihe byiza ni Mauro Cuylits wa Lotto Dstny Dev. Team, wakoresheje iminota itatu n’aamsegonda 56.

11:40

dimanche, 23/02/2025

Ubwo Perezida Kagame na Lappartient batangizaga Tour du Rwanda 2025

11:35

dimanche, 23/02/2025

Nzafashwanayo asoje gukina

Nzafashwanayo Jean Claude wa CMC, ageze kuri Stade Amahoro yakoresheje iminota ine n’amasegonda 21.

Mu kanya harahaguruka Manizabayo Eric ‘Karadiyo’ wa Java-InovoTec.

11:35

dimanche, 23/02/2025

Nzafashwanayo asoje gukina

Nzafashwanayo Jean Claude wa CMC, ageze kuri Stade Amahoro yakoresheje iminota ine n’amasegonda 21.

Mu kanya harahaguruka Manizabayo Eric ‘Karadiyo’ wa Java-InovoTec.

11:34

dimanche, 23/02/2025

Buri munota hazajya hahaguruka umukinnyi

Nzafashwanayo Jean Claude wahagurutse mbere, yakurikiwe n’Umunya-Ethiopia Zer Abruk Debay na Ruhumuriza Aime.

Biteganyijwe ko umukinnyi uhaguruka nyuma y’abandi ari Umudage Moritz Kretschy ukinira Israel-Premier Tech, uhaguruka saa Sita n’iminota 38.

11:30

dimanche, 23/02/2025

Perezida Kagame na Lappartient batangije Tour du Rwanda 2025

Perezida Paul Kagame ari hamwe na Perezida wa UCI, David Lappartient, batangije Tour du Rwanda 2025.

Umukinnyi uhagurutse mbere y’abandi ni Nzafashwanayo Jean Claude ukinira Ikipe ya Centre Mondiale Cyclisme.

Ni umwe mu Banyarwanda 16 bazakina isiganwa ry’uyu mwaka ryitabiriwe n’amakipe 14 agizwe n’abakinnyi 69.

Intera abakinnyi basiganwa kuri iki Cyumweru ni ibilometero 3,4, buri wese agenda wenyine.

11:25

dimanche, 23/02/2025

Perezida Kagame niwe watangije Tour du Rwanda 2025

Perezida Paul Kagame yamaze kugera kuri BK Arena ahagiye gutangirira Tour du Rwanda 2025.

Ni isiganwa mpuzamahanga ry’amagare rizenguruka igihugu, rigiye kuba ku nshuro ya 17 kuva ribaye mpuzamahanga.

Kuri uyu munsi wa mbere harakinwa prologue, agace kagizwe n’ibilometero 3,4 aho buri mukinnyi asiganwa n’ibihe ku giti cye aho aba asiganwa nibi ukoresheje ibi bito akaba ariwe wegukana ako gake ka mbere

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

TJP Trends