Trump Yanze Ubusabe bwa Israel bwo Kwica Ayatollah wa Iran: Asaba Kwirinda Intambara Ya 3 Y’isi

Washington, D.C. – Mu gihe Israel yakoraga ibitero bikomeye kuri Iran, byatangijwe ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yagaragaje ko atari yishimiye uwo mugambi kandi yanze ubusabe bwa Israel bwo kwica Umuyobozi Mukuru w’Idini muri Iran, Ayatollah Ali Khamenei.

Iyi nkuru ishimangirwa n’amakuru yizewe ya NBC News agaragaza ko Trump, nubwo yamenyeshejwe ibikorwa bya Israel mbere y’uko bitangira, atigeze atanga uburenganzira cyangwa ngo yifatanye na byo. Ibi bitandukanye cyane n’uko Israel yari yizeye ubufatanye bwa Amerika ku rwego rwo hejuru.

Amakuru atangwa n’abayobozi b’Amerika ndetse n’abari hafi y’ibiganiro, agaragaza ko Trump yahawe amakuru ku gikorwa cyateguwe na Israel, aho bashakaga kwica Ayatollah Khamenei mu rwego rwo guca intege Iran no kubuza ko ikomeza kwihorera. Ariko Trump ngo yahise avuga ati:

“Ese koko barishe Umunyamerika?”
“Oya. None se kuki natangira intambara mpuzamahanga?”

Ibi byatangajwe n’umwe mu bayobozi wa White House wabiganiriye n’abanyamakuru, avuga ko Trump yabonaga ko icyo gikorwa gishobora gutuma isi yose ishyira mu ntambara idasobanutse.

Ku ruhande rwa Israel, abayobozi bakuru bashimangiye ko babimenyesheje Amerika mbere y’uko batangiza ibitero, ndetse basanga byari bifite inyungu z’impande zombi mu guhangana na Iran. Gusa, Trump we yagaragaje ko ibyo bikorwa atari mu nyungu za Amerika n’abaturage bayo, cyane ko nta Munyamerika wari warishwe cyangwa wakorewe ihohotera n’uruhande rwa Iran muri icyo gihe.

Ibitero bya Israel byibasiye ibikorwa remezo bya Iran birimo ibya gisirikare n’ibifitanye isano n’ingufu za kirimbuzi. Iran yahise isubiza bituma intambara itutumba, ndetse bitera igitutu amahanga, binatuma ibiciro bya peteroli byongera kuzamuka.

Trump yagaragaje ko atifuza kuba impamvu y’intambara z’isi yose, cyane cyane iyo nta Munyamerika uri mu kaga. Ibi byerekana umwihariko we mu miyoborere aho adashyigikira ibitero byo kwihimura ku bihugu atarimo kubona uruhare rugaragara ku mutekano wa Amerika.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

TJP Trends