U Rwanda rurimo: ngibi ibihugu bifite abakobwa b’uburanga muri afurika

U Rwanda rwashyizwe mu bihugu bifite abakobwa buje ubwiza(imiterere) mu bihugu bya afurika muri uyu mwaka wa 2025, ku rutonde rw’ibihugu 20 bya mbere.

Ni urutonde rwakozwe a african maps aho uru rutonde hagaragaraho ibihugu bitanu byonyine biri mu gace u Rwanda ruherereyemo ka afurika y’iburasirazuba birimo Kenya,Tanzania na Ethiopia.

Dore urutonde rwose uko ibihugu bikurikiranye:

Ku mwanya wa mbere w’uru rutonde hari igihugu cya Ethiopia, giherereye mu burasirazuba bwa afurika.

umwe mu bakobwa wamenya muri iki gihugu ni umuhanzikazi Lola

Ku mwanya wa kabiri kuri uru rutonde hari igihugu cya Nigeria,giherereye mu burengerazuba bwa afurika.

Bamwe mu bakobwa bazwi muri muri iki gihugu cya Nigeria wamenya ni Nkumuhanzi Tems,simi n’abandi.

Ku mwanya wa Gatatu hari Igihugu cyaTanzania kiri mu burasirazuba bwa afurika.

umwe mu byamamare bizwi byo muri Tanzania harimo Zuchu,queen darleen n’abandi.

ku mwanya wa kane w’uru rutonde hari ogihugu nanone giherereye mu gace ka afurika y’iburasirazuba aricyo Kenya, umwe mu byamamare bizwi byo muri Kenya ni uwitwa Tanasha donna uzwi mu bikorwa byinshi by’imyidagaduro.

Ku mwanya wa Gatanu hari igihugu afrika y’epfo, muri iki gihugu niho hakomoka umuhanzikazi Tyla.

Ibindi bihugu biri kuri uru rutonde ni:

Umwanya wa Gatandatu uriho igihugu cya Ghana

Umwanya wa Karindwi uriho igihugu cya Zimbabwe

Umwanya wa Munani hari igihugu cya egypt

umwanya wa cyenda hari igihugu cya Congo

umwanya wa cumi uriho igihugu cya Cote d’ivoire

umwanya wa cumi na rimwe hari igihugu cy’u Rwanda

umwanya wa cumi na kabiri hari igihugu cya Somalia

umwanya wa cumi na gatatu hari igihugu cya Morocco

umwanya wa cumi na kane uriho igihugu cya Namibia

umwanya usoza kuri uru rutonde ariwo wa cumi na gatanu uriho igihugu cya Cameroon.

U Rwanda ruri mu bihugu bifite abakobwa beza

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

TJP Trends