Ubushinwa mu bihugu bifite imihanda myiza ikora ubwikorezi

Igihugu cy’ubushinwa gikomeje Kubaka no gukataza mu iterambere byumwihariko mu buryo bworohereza abaturage bacyo gukora imirimo ibyara inyungu neza nko Kubaka ibikorwaremezo bigezweho n’ibindi.

Mu bimaze kugira iki gihugu ubukombe ku ruhando mpuzamahanga harimo n’imihanda igezweho ikoreshwa n’abakoresha ibunyabiziga byo mu Moko atandukanye mu bwikorezi aho bituma abikorera boroherwa no kwiteza imbere.

Ibi bishyira iki gihugu cy’ubushinwa ku mwanya wa Mbere w’ibihugu bihagaze neza mu kugira imihanda y’ubwikorezi rubanda rwisangamo ku rutonde rushya rw’imigi ya mbere ku isi muri iyi ngeri y’ubwikorezi rusange.

Ubushinwa buza kuri uyu mwanya kubera kugira imigi ibiri iri ku rutonde rw’imigi ya mbere ifite imihanda myiza y’ubwikorezi rusange ariyo Shanghai na Beijing iri muri itatu ya mbere inyuma ya Hong Kong wo mu gihugu cya Hong Kong.

Shanghai ni uwa kabiri naho Beijing ikaba iya gatatu mu gihe ibindi bihugu nka Leta zunze ubumwe z’abarabu ziri mu myanya yo hafi imbere kuri uru rutonde aho gihagarariwe n’umugi wa Abu Dhabi naho Taiwan iri ku mwanya wa Gatanu ikaba ihagarariwe na Taipei.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

TJP Trends