UEF Champion League: Real Madrid niyo kipe yambere imaze gutsinda imikio myinshi muri iri rushanwa

Ikipe ya Real Madrid yo mu igihugu cya Spain yongeye kwandika amateka mashya mu mupira w’amaguru ku Isi nyuma yo gutsinda Atletico Madrid ibitego 2-1, ikaba ikipe ya mbere itsinze imikino 300 muri UEFA Champions League (harimo n’igihe iri rushanwa ryitwaga European Cup ritahindurirwa izina) kuva iri rushanwa ryatangira gukinwa.

Uyu wari mukino wari ukomeye cyane ndetse witeze n’abantu benshi nk’uko bisanzwe ku makipe yo m’umugi wa Madrid, ariko Real Madrid yagaragaje ubuhangange bwayo, ishimangira ko ari yo kipe ifite amateka akomeye muri iri rushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’u Burayi.

Real Madrid niyo kipe ifite ibikombe byinshi bya UEFA Champions League ikaba ari nayo imaze gutsinda imikono myinshi muri iri rushanwa, kuko imaze kwegukana iri rushanwa inshuro 15, ikurikirwa na AC Milan ifite ibikombe 7. Ikipe ya Real Madrid yafashe umwanya wa mbere guhera mu myaka ya za 1950 ubwo yegukanaga ibikombe bitanu bya mbere by’irushanwa ryitwaga European Cup icyo gihe ariryo baje guhindura nyuma baryita UEF Champion League.

Nubwo AC Milan yo mu igihugu cy’ubutariyane ari yo ikurikiye Real Madrid, iri kure cyane kuko ifite ibikombe birindwi gusa. Andi makipe afite ibikombe byinshi arimo:

  1. Real Madrid – 15
  2. AC Milan – 7
  3. Bayern Munich – 6
  4. Liverpool – 6
  5. Barcelona – 5
  6. Ajax Amsterdam – 4
  7. Manchester United – 3
  8. Inter Milan – 3
  9. Juventus – 2
  10. Chelsea – 2

Iyi mibare igaragaza ko Real Madrid ari yo kipe iri hejuru cyane muri iki gikombe, dore ko ikinyuranyo ifite hagati yayo n’iya kabiri (AC Milan) ari ibikombe 8, bivuze ko AC Milan yagombye gutwara ibikombe umunani kugira ngo ibe iyegereye.

Ubuhangange bwa Real Madrid mu mateka ya Champions League

Real Madrid imaze kwandika amateka atazibagirana mu bihe bitandukanye:

  • Yatwaye UEFA Champions League inshuro 5 zikurikirana hagati ya 1956 na 1960, ibintu nta yindi kipe yari yigeze ibikora ku Isi.
  • Yongeye gukora ibisa n’ibyo mu myaka ya vuba aha, aho yegukanye ibikombe 3 bikurikirana (2016, 2017, 2018) ubwo yatozwaga Zidane.
  • Ni yo kipe yonyine yatwaye ibikombe 4 mu myaka itanu (2014, 2016, 2017, 2018).
  • Mu 2022 yongeye kwisubiza igikombe, itsinda Liverpool ku mukino wa nyuma.

Real Madrid yakomeje kugaragaza ko itajya ihusha amahirwe mu gihe cy’imikino ya nyuma, kuko iyo igeze kuri final itwara igikombe iyi kipe igaragaza ubuhanga budasanzwe nkaho yagiye yagiye yishyura ibitego bisa nkaho umukino warangiye ariko bikarangira igarutse mu mukino ndetse igatwara n’igikombe,muribuka nko muri 2014 ubwo yakinaga na Atletico Madrid ikaza kwishyura igitego bisa naho umukino warangiyendetse n’indi mikino myinshi yagiye iko n kibyo  nk’uwo yahuyemo na Bayern munich ndetse  na Man City. Ibi byatumye igirwa “umwami wa Champions League” na benshi mu bakunzi b’umupira w’amaguru ku Isi.

Uyu mukino wa Atletico Madrid wongeye kwerekana ko Real Madrid ari ikipe ikomeye, kandi nta yindi kipe irayihiga muri aya mateka mashya y’imikino 300 baraye batsinze.

Real Madrid niyo kipe yambere imaze gutsinda imikio myinshi muri iri rushanwa 300

Real Madrid niyo kipe yambere imaze gutwara UEF champion League nyinshi 15

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

TJP Trends