Mu ijoro ryo ku wa Kabiri, tariki ya 11 Werurwe 2025,nibwo haraye habaye imikino ine yo kwishyura ya 1/8 cya UEFA Champions League, aho amakipe akomeye nka FC Barcelona, Bayern Munich, Inter Milan na Paris Saint-Germain (PSG) yabonye itike yo gukomeza muri 1/4.
FC Barcelona yihanije Benfica
Ikipe ya FC Barcelona yari yakiriye S.L. Benfica ku kibuga cya Barcelona Olympic Stadium, maze iyisezerera ku kinyuranyo cy’ibitego 4-1. Mu mukino ubanza, Barca yari yatsindiye Benfica muri Portugal igitego 1-0, ibintu byayihaye icyizere kinini cyo gukomeza.
Mu mukino wo kwishyura, Raphinha na Lamine Yamal nibo batsindiye FC Barcelona ibitego byayifashije gukomeza.
PSG yihanangirije Liverpool iyisanze kuri Anfield
Umukino wari utegerejwe na benshi ni Liverpool vs PSG wabereye ku kibuga cya Anfield. Liverpool yari yatsindiye PSG i Paris igitego 1-0, ariko byayisabye imbaraga nyinshi gukomeza kwihagararaho.
Ousmane Dembélé yishyuriye PSG ku munota wa 12, atsinda igitego cyatumye umukino usubira bubisi.byarangiye umukino wose ari igitego 1-1 uteranyije imikino yombi ubanza nuwo kwishyura.wari umukino wihuta cyane kumpande zombi kuko amakipe yose wabonaga ko afite inyota yo gutsinda gusa Liverpool nyuma yogutsindwa igitego yagerageje gusatira cyane gusa ba myugariro ba Psg bagomya kwitwara neza babifashijwemo na n’umuzamu wabo, ariko birangira bibaye ngombwa ko bongeraho iminota. Mu minota 30 y’inyongera, nta kipe yashoboye gutsinda igitego, bituma haterwa penaliti.
PSG yatsinze penaliti 4-2, aho umunyezamu Gianluigi Donnarumma yakuyemo penaliti za Darwin Núñez na Curtis Jones, ahesha ikipe ye itike ya 1/4.
Ibi byatumye PSG ibona intsinzi yayo ya mbere kuri Anfield mu mateka yayo, nyuma yo kuhatsindirwa mu myaka itandatu ishize no mu mwaka wa 1970.
Bayern Munich na Inter Milan nazo zabonye itike
Bayern Munich nayo yatsinze Bayer Leverkusen ibitego 2-0 mu mukino wo kwishyura, byiyongera kuri 3-0 byo mu mukino ubanza, iyisezerera ku kinyuranyo cy’ibitego 5-0.
Harry Kane, winjije igitego cya mbere, yahise aba Umwongereza wa kabiri wagize uruhare mu bitego 50 muri UEFA Champions League, inyuma ya David Beckham ufite 52 (ibitego 16 n’imipira 36 ivamo ibindi).
Inter Milan nayo yatsinze Feyenoord ibitego 2-1, byiyongera kuri 2-0 yari yabonye mu mukino ubanza, bituma ibona itike ku kinyuranyo cy’ibitego 4-1.
Imikino iteganyijwe kuri uyu wa Gatatu
- Lille vs Dortmund
- Arsenal vs PSV
- Aston Villa vs Club Brugge
- Atletico Madrid vs Real Madrid
Aya makipe aracyaharanira kubona itike ya 1/4, aho abakunzi b’umupira w’amaguru bategereje kureba niba Arsenal na Real Madrid zizabasha gukomeza.

PSG yageze muri 1/4 isezereye Liverpool penalite 4-2

umunyezamu Gianluigi Donnarumma yakuyemo penaliti za Darwin Núñez na Curtis Jones,




FC Balcelona yasezereye Benefica kukinyuranyo cy’ibitego 4-2






