UEFA Champions League: Real Madrid yasanze Arsenal muri ¼ nyuma yo gusezerera Atheltico Madrid bigoranye

Kumugoroba washize  UEFA Champion League yakomezaga hakinwa imikino ya 1/8 kirangiza,Mu mukino wari ukomeye kandi wahanzwe amaso na benshi, Real Madrid yasezereye Atlético Madrid muri 1/8 cya UEFA Champions kuri ya penaliti 4-2, nyuma yo kunganya ibitego 2-2 mu mikino yombi. Ibi byatumye Real Madrid ibona itike yo gukomeza muri ¼ cy’irangiza, aho izacakirana na Arsenal.

Uyu mukino wabereye kuri Wanda Metropolitano. mu ijoro ryo ku wa Gatatu, tariki ya 12 Werurwe 2025. Wari umukino wa kabiri wa 1/8, aho Real Madrid yari igiye gushaka uko yakomeza nyuma yuko mumukino ubanza wari warangiye itsinze ibitego 2-1 itsinda Atlético Madrid mu mukino ubanza.

Atlético Madrid yafunguye amazamu kare

Atlético Madrid yatangiye umukino isatira cyane, maze ku munota wa 1, Rodrigo de Paul yazamukanye umupira neza, awuhindura imbere y’izamu, maze Conor Gallagher atsinda igitego cya mbere, bituma Real Madrid isabwa kwishyura kugira ngo idasezererwa,gusa aha bahise banga ibitego 2-2 bivuze ko buri wese amahirwe yari 50% kuri 50%.

Iminota yakurikiyeho yabaye uburyo bwinshi bwo gusatirana, Real Madrid igerageza gukina neza mu kibuga hagati kugira ngo irebe uko yishyura igitego. Atlético Madrid yihariye umukino mu minota ya mbere, ndetse ku munota wa 30, yagerageje gutsinda igitego cya kabiri, ariko Thibaut Courtois yitwaye neza akuramo umupira watewe na Julian Álvarez.

Igice cya mbere cyarangiye Atlético Madrid iyoboye umukino ku gitego 1-0.

Real Madrid yagerageje kwishyura ariko biranga

Mu gice cya kabiri, Real Madrid yatangiye isatira cyane, ariko Atlético Madrid yakomeje gukina nk’iyugarira. Ku munota wa 70, Kylian Mbappé yazamukanye umupira, anyura kuri Clement Lenglet, ariko uyu myugariro amukorera ikosa mu rubuga rw’amahina, maze umusifuzi atanga penaliti.

Iyi penaliti yatewe na Vinicius Junior, ariko ayitera nabi, umupira ujya hejuru y’izamu, ibintu byatumye abafana ba Real Madrid batangira kugira impungenge.

Mu minota ya nyuma, Real Madrid yasatiriye cyane ariko uburyo bwose bwakozwe ntibwabahiriye. Iminota 90 yarangiye Atlético Madrid itsinze 1-0, bituma amakipe yombi akomeza kunganya ibitego 2-2 mu mikino yombi.

Penaliti ni zo zaciye ibintu

Nyuma y’iminota 30 y’inyongera itagize icyo itanga, hitabajwe penaliti, aho Real Madrid yitwaye neza itsinda 4-2, isezerera Atlético Madrid maze ibona itike yo gukomeza muri ¼ cy’irangiza.

Umutoza wa Athletico Madrid Diago Simion nyuma y’umukino yartangaje ko VAR yabibye kuri Penalite yatewe na Julian Álvarez, ariko VAR igaragaza ko uyu musore yabanje kunyera bikarangira umupira awuteye Kabiri bibangombwa ko ayisubiramo birangira ayihushije,uyu mutoza yavuze ko ntahandi byigeze biba ko Var ihamamagara muri Penalite ziterwa nyuma y’umukino ko ibyo ntahandi byigeze biba.

Muyindi mikino yaraye ibaye kumugoroba na ikipe ya Arsenal yasezereye ikipe ya PSV Endoven kukinyuranyo cy’ibitego icyenda kuri 4,nyuma yahoo umukino ubanza bari yari yatsinze 7-1 uwo kwishyura byabaye 2-2,undi mukino n’uwahuje ikipe ya Astoni Villa kukinyuranyo cy’ibitego 6-1,undi mukino ikipe ya Borrusia Dorotmund yasezere ikipe ya Lille yo mugihugu cy’ubufaranza nyuma yo kuyisanga murugo ikayitsinda ibitego 2-1 kandi mu mukino ubanza byari 1-1.

Muri iyi 1/4 cy’irangiza, Real Madrid izacakirana na Arsenal, nayo yabonye itike nyuma yo gusezerera PSV Eindhoven ku giteranyo cy’ibitego 9-3, nubwo banganyije 2-2 mu mukino wa kabiri.

Indi mikino ya ¼ cy’irangiza iteganyijwe:

  • Paris Saint-Germain vs Aston Villa
  • Real Madrid vs Arsenal
  • FC Barcelona vs Borussia Dortmund
  • Bayern Munich vs Inter Milan

Imikino ibanza izakinwa ku itariki ya 8 na 9 Mata 2025, naho iyo kwishyura ibe ku ya 15 na 16 Mata 2025.

Ikipe ya Real Madrid izakomeza urugendo rwayo yifuza kongera gutwara Champions League, ariko ikazahura n’ikipe ikomeye ya Arsenal itarorohewe muri iyi shampiyona.

Real Madrid yageze 1/4 bigoranye nyuma yo gusezerera Atlético Madrid muri 1/8

Yakomeje kuri penalite 4-2

Arsenal yageze muri 1/4 bitayigoye nyuma yo gusezerera PSV Endoven

Borrusia Dortmund yageze 1/4 izezereye Lille izahura na FC Barcelona muri 1/4

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

TJP Trends