Abahanzi nyarwanda batandukanye bagiye bashyira hanze Indirimbo Nshya ku kwezi kwa Gatandatu gushize kwa 2025 bagiye bagaragaza ubwisumbure ku inganzo aho abenshi muri bo bari banyotewe n’abakunzi babo kubera igihe cyari gishize batigaragaza mu ndirimbo Nshya.
Uyu munsi tugiye kugaragaza abahanzi nyarwanda bakoze mu inganzo muri kamena bagashyira hanze amashusho y’indirimbo zabo nshya nuko zagiye zakirwa n’abakunzi b’umuziki.
Bruce Melodie na Ray G bashyize Hanze Indirimbo bise Hama kuwa 07 Kamena 2025 imaze kurebwa n’abantu Ibihumbi birenga 300,Roddy nawe uri gushaka aho yamenera ngo azamuke mu muziki nyarwanda yasohoye iyitwa Nisindiye naho Afrique wari umaze amezi menshi adakora umuziki neza cyangwa ngo abigaragaremo yakoze mu inganzo ashyira hanze amashusho y’indirimbo ye Nshya ayita Sana.
Umuhanzikazi Soso na Davis D barafatanyije bashyira hanze iyo bise Shoke mugihe Kandi Bwiza na loaded bakoranye iyitwa Nasara.
Indi ndirimbo yavuzwe cyane muri Kamena ni iyitwa 2009 ya Platin yavuzwe cyane kubera imikorerwe y’amashusho yayo naho uwitwa Calvin Mbanda we yakoze mu inganzo nyuma y’iminsi myinshi abisabwa n’abakunzi be yasohoye iyo yise Bebenjo.
King James yashyize hanze iyitwa Mowana,Faya na Kenny sol bashyize ahagaragara iyo bakoranye naho Kenny k Shot Ari kumwe na Pro zed na Kivumbi bakorana iyo bise Ntaribi banayishyira hanze.
Kitoko wari umaze igihe atavugwa cyane yashyize hanze indirimbo yitwa In love naho Umuraperi Logan Joe na Fireman bashyira hanze indirimbo yitwa I wish I was you nayo yakiriwe neza.
Umuraperi mushya uri gukundwa cyane Polyvalent yashyize hanze indirimbo ye ikubiyemo Inkuru nyinshi yise Amayeri aho iyi ndirimbo ikomeje kuzamura izina rye kubera amagambo ayirimo.
Abahanzi nka kitoko, Polyvalent na Africa bari kuri uru rutonde rw’abashyize hanze indirimbo Nshya bagaragaraho imbaraga Nshya bashyize mu muziki kubera imibare yabo mu bareba izo ndirimbo bituma hashimangirwa ubwisumbure bw’ubuhanga bwabo mu muziki.

