Umubiligi Remco Evenepoel niwe wegukanye umudali wa Zahabu nyuma yo gutsinda isiganwa rya ITT mu bagabo, akoresheje iminota 49,6 ku ntera y’ibilometero 40,6

Umubiligi Remco Evenepoel yandikiye amateka i Kigali, yegukana Individual Time Trial, ya Shampiyona y’Isi ya 2025, aho abakinnyi basiganwa habarwa ibihe byabo.

kuri Icyi cyumweru nibwo hano mu Rwanda hatangiye champiyona y’Isi yo gusiganywa kumagare ibereye bwa Mbere hano muri Africa byumwihako hano mu Rwanda, Remco Evenepoel yegukanye umudali wa Zahabu nyuma yo gutsinda isiganwa rya ITT [gusiganwa n’igihe buri wese agenda wenyine] mu bagabo, akoresheje iminota 49,6 ku ntera y’ibilometero 40,6.

Ni ku nshuro ya gatatu Remco atsinze ITT muri Shampiyona y’Isi, nyuma yo kubikora i Glasgow mu 2023 n’i Zurich mu 2024. Uyu munsi hari i Kigali.

Tadej Pogacar afatwa nk’umukinnyi wa mbere ku Isi mu kunyonga magare ndetse n’uyu munsi byari byitezwe ko agomba kuba uwa mbere ariko Umubirigi Remco Evenepoel watangiye nyuma ye aratungurana ndetse anamusanga mu nzira ku Kimihurura amucaho.

Nsengiyumva Shemu wahagurutse mbere y’abandi bakinnyi bose mu bagabo, yabaye uwa 25 yasizwe iminota itandatu n’amasegonda 55 na Remco wabaye uwa mbere.

Ni mu gihe Mugisha Moise yabaye uwa 31 yasizwe iminota umunani n’amasegonda 54.

Abakinnyi 54 ni bo bakinnye iri siganwa rya ITT mu bagabo, uwa nyuma aba Umunya-Sudani y’Epfo, Edward Jalal, wasizwe iminota 43,18.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

TJP Trends