Mu gihugu cya Denmark, ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki ya 15 Kanama 2025, habaye impanuka ikomeye aho gariyamoshi yagonganye n’ikamyo itwaraga lisansi (tanker) mu gace ka Tinglev, hafi y’umupaka w’ ubudage.
Iyi mpanuka yahise ituma gariyamoshi iriduka (irenga umuhanda wayo) ndetse irahirima. Ku bantu 95 bari bayirimo, inzego z’ubutegetsi zavuze ko umuntu umwe yahise apfa, mu gihe abandi 16 bakomeretse, babiri muri bo bakajyanwa kwa muganga n’indege yihariye kubera gukomeretsa gukomeye.
Umuyobozi w’ikigo gishinzwe ibikorwa bya gariyamoshi muri Denmark, Banedanmark, yatangaje ko ingendo zose hagati ya Kliplev na Tinglev zahise zihagarikwa mu rwego rwo kubanza gukora iperereza no kureba icyakorwa kugira ngo umutekano wongere gusubira ku murongo.
Abaturage bari hafi y’ahabereye impanuka bavuze ko bumvise urusaku rukomeye, hanyuma bakumva impumuro ikaze iva mu ikamyo yari itwaye lisansi. Polisi yasabye abaturage kwirinda kwegera ahabereye impanuka kugira ngo harindirwe umutekano wabo n’uw’abandi.
Ubu iperereza rirakomeje kugira ngo hamenyekane icyateye iyi mpanuka ikomeye yahitanye ubuzima bw’umuturage, ikanakomeretsa abandi benshi.
