Umunya-Suède Jakob Söderqvist yegukanye Shampiyona y’Isi y’Amagare mu gusiganwa n’ibihe, ITT, mu bagabo batarengeje imyaka 23.

Shampiyona y’Isi yo gusiganywa ku magare ikomeje kubere hano mu Rwanda ku nshuro ya mbere ibereye muri Africa Nyuma y’imyaka 104 imaze ikinywa, u Rwanda rwakoze amateka yo kuba ari cyo gihugu cya mbere cyakiriye rino rushanywa muri Africa.

Kuri uyu wa mbere hari hatahiwe gusiganywa ibyiciro bibi by’abakobwa n’abahungu batarengeje imyaka U23, Umunya-Suede, Jakob Söderqvist, wari wegukanye umwanya wa kabiri mu 2024, ni we wegukanye umudali wa Zahabu i Kigali nyuma yo gukoresha iminota 38,24 ku ntera y’ibilometero 31,2 muri ITT y’abahungu batarengeje imyaka 23.

Jakob yarushije Nate Pingle wo muri Nouvelle-Zelande umunota n’amasegonda atatu naho Umufaransa Maxime Decomble aba uwa gatatu arushwa umunota n’amasegonda ane.

Niyonkuru Samuel yabaye uwa 29 aho yasizwe n’uwa mbere iminota 4 n’amasegonda 50 mu gihe Tuyizere Etienne we yabaye uwa 31 akaba yasizwe iminota 5 n’amasegonda 12 n’uwa mbere

Umunya-Suède Jakob Söderqvist yegukanye Shampiyona y’Isi y’Amagare mu gusiganwa n’ibihe, ITT, mu bagabo batarengeje imyaka 23.

Jakob yarushije Nate Pingle wo muri Nouvelle-Zelande wabaye uwa kabiri umunota n’amasegonda atatu

Abanya-Suède bari benshi baje gushyigikira abakinnyi babo

Jakob Söderqvist yegukanye umudari wa Zahabu

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

TJP Trends