Shampiyona y’Isi yo gusiganywa ku magare ikomeje kubere hano mu Rwanda ku nshuro ya mbere ibereye muri Africa Nyuma y’imyaka 104 imaze ikinywa, u Rwanda rwakoze amateka yo kuba ari cyo gihugu cya mbere cyakiriye rino rushanywa muri Africa.
Kuri uyu wa mbere hari hatahiwe gusiganywa ibyiciro bibi by’abakobwa n’abahungu batarengeje imyaka U23, Umunya-Suede, Jakob Söderqvist, wari wegukanye umwanya wa kabiri mu 2024, ni we wegukanye umudali wa Zahabu i Kigali nyuma yo gukoresha iminota 38,24 ku ntera y’ibilometero 31,2 muri ITT y’abahungu batarengeje imyaka 23.
Jakob yarushije Nate Pingle wo muri Nouvelle-Zelande umunota n’amasegonda atatu naho Umufaransa Maxime Decomble aba uwa gatatu arushwa umunota n’amasegonda ane.
Niyonkuru Samuel yabaye uwa 29 aho yasizwe n’uwa mbere iminota 4 n’amasegonda 50 mu gihe Tuyizere Etienne we yabaye uwa 31 akaba yasizwe iminota 5 n’amasegonda 12 n’uwa mbere

Umunya-Suède Jakob Söderqvist yegukanye Shampiyona y’Isi y’Amagare mu gusiganwa n’ibihe, ITT, mu bagabo batarengeje imyaka 23.

Jakob yarushije Nate Pingle wo muri Nouvelle-Zelande wabaye uwa kabiri umunota n’amasegonda atatu

Abanya-Suède bari benshi baje gushyigikira abakinnyi babo

Jakob Söderqvist yegukanye umudari wa Zahabu











