Umunyarwanda Shemu Nsengiyumva abaye uwa mbere ugeze ku murongo mu kiciro cyo gusiganwa n’iminota aho akoresheje iminota 56

Umunyarwanda Shemu Nsengiyumva abaye uwa mbere ugeze ku murongo mu kiciro cyo gusiganwa n’iminota aho akoresheje iminota 56.

Shemu niwe wahagurutse bwa mbere ariko ntabwo bisobanuye ko guhaguruka bwa mbere ugera ku murongo mbere kuko hari abo banyuraho mu nzira.

Uyu mukinnyi hamwe n’abandi 54 barimo Remco Evenepoel na Tadej Pogacar, barakora intera y’ibilometero 40,6.

Ku nshuro ya mbere, abakinnyi bo mu bihugu 38 bya Afurika bazagaragara muri Shampiyona y’Isi y’Amagare.

Abakinnyi bo kuri uyu Mugabane boroherejwe mu kwitabira iri rushanwa kuko ari ubwa mbere ribereye iwabo.

U Rwanda, nk’igihugu cyakiriye, ruzahagararirwa n’abakinnyi 23 mu masiganwa 13.

Bwa mbere u Rwanda rukina iri rushanwa ni mu 2014 aho rwahagarariwe n’abakinnyi batatu.

Mu gihe mu 2024, u Rwanda rutagize ikipe y’abagabo [Men Elite] muri Shampiyona y’Isi, kuri iyi nshuro ruzaba rufite abakinnyi batandatu muri “peloton” y’isiganwa ryo ku munsi wa nyuma, ku wa 28 Nzeri 2025.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

TJP Trends