Umunya Botswana wamamaye ku mbuga nkoranyambaga nka William last KRM mu mwuga wo gusetsa ayoboye Urutonde rw’abanya afurika bakurikirwa cyane ku rubuga rwa TikTok mu mwaka wa 2025 aho akubita Inshuro abamukurikira ku mibare y’ababakurikira.
Uru rutonde rugaragaraho abanyempano babamaye cyane mu ngeri bakoramo nk’abanyarwenga abahanzi barimo na Tyla wo muri afurika y’epfo ndetse ikindi cyagaragayeho nuko igihugu cya Nigeria aricyo gifite abenshi kuri uru rutonde bagera kuri 7 muri 20.
Uyu munya Botswana Uzwi cyane mu urwenya akora mu buryo bw’amashusho witwa William last KRM Afite abamukurikira Miliyoni 24 barengaho Gato bimugira uwa mbere kuri uru rutonde akaba akurikirwa na Hakime l’ambassadeur ukirikirwa na Miliyoni 21 n’ibice 8 kuri Konti ye ya TikTok.
Ku mwanya wa Gatatu hari princess Sachiko wo muri afurika y’epfo na Miliyoni 20 barengaho ibihumbi 300 bamukurikira akaba uwa mbere mu abo muri iki gihugu cye ukurikirwa na benshi.
Ku mwanya wa Kane hari uwitwa Alkaisr ukurikirwa n’abantu Miliyoni 18 n’ibihumbi 800 kuri TikTok ye naho uwitwa andrew Emily wo muri Nigeria akaba amukurikira kuri Miliyoni 17 n’ibihumbi 600 anganya na Zero brainer wo muri Tanzania nawe bari ku mwanya umwe.
Abandi bari kuri uru rutonde ni nka Dada Ahoufe n’uwiyita Agent of Laughter wo muri Nigeria na Tyla umuhanzi ukomeye cyane muri afurika no ku isi mu njyana zirimo na Amapiano bakurikirwa n’abarenga Miliyoni 10 cyane ko kuri uru rutonde ntawururiho uri hasi hasi yabo.

