Umunyezamu w’umutariyani Gigio Donnarumma ashobora kwerekeza mu ikipe ya Manchester City nyuma y’uko umutoza Luis Enrique amukuye mu bakinnyi baza gukina umukino wa SUPER CUP n’ikipe ya Tottenham Hotspur kuri uyu wa gatatu.
Amakuru dukesha ikinnyamakuru Talk Sport n’uko uyu munyezamu Gigio Donnarumma ufitanye umubano mubi n’ikipe ya PSG ndetse yamaze no gusezera kuri iyi kipe ko uko byagenda kose agomba gusohoka ny’uma y’uko amafaranga yasabaga ino kipe yanze kuyamuha bikaba ngombwa ko bagomba gutanduka. amakuru ariho n’uko uyu musore yamaze kumvikana n’ikipe ya Manchester City ko vuba bidatize uyu musore agomba kuza gushyira umuko kumasezerano.
Iyi nkuru Gigio Donnarumm wari umaze iminsi avugwa mu ikipe ya Manchester United yaciye intege abakunzi bayo kuko bari bizeye ko uyu muzamu ashobora kuza gusimbura Onana ariko amahirwe menshi n’uko bitari buze gukunda dore ko n’ikipe yabo itazitabira imikino yo k’umugabane w’iburayi nabyo byaba impamvu yo kubura uno musore.
Gigio Donnarumm witwaye neza umwaka ushize w’imikino aho yafashije ikipe ya PSG kweguka igikombe cya UEFA Champion League naramuka yinjiye muri Manchester City birahita biha umwanya mwiza umuzamu Ederson gusohoka nk’uko yahoze abyifuza akaba yakwerekeza mu ikipe ya Galatasaray
