Umutaliyani Finn Lorenzo w’imyaka 18 niwe wegukanye shampiyona y’Isi yo gusiganywa ku magare (Road Race) y’abatarengeje imyaka 23 aho yakoresheje amasaha atatu,iminota 57 n’amasegonda 27. Yakurikiwe n’Umusuwisi Huber Jan aho yamusize amasegonda 31 naho Marco Schrettr wa Austria we wasizwe umunota umwe n’amasegonda 13 aba uwa gatatu.
kuri uyu wa gatanu tariki ya 26 Nzeri 2025 hakomezaga hakinywa umunsi wa gatanu wa shampiyona y’Isi yo gusiganywa ku magare ikomeje kubera hano mu Rwanda, aho kuri uyu munsi wo ku wa gatanu irirushanywa ryari rigeze k’umunsi waryo wa 6, kuri uyu munsi hakinywaga ibyiciro bibi mu gitondo hasiganywe abahungu batarengeje imyaka 18, Guhera ku isaha ya 12:00am nibwo hatangiye gukinywa isiganywa ry’abatarengeje imyaka 23, aho iri siganywa muri icyi cyiciro cyitabiriwe n’abasiganywa bagera kuri 121 baturuka mu bihugu 56 ariko ababashije gusoza n’abakinnyi bagera kuri 56 gusa, abandi bagiye bava mu irushanywa hagati kubera ibibazo bigiye bitandukanye.
Umutaliyani Finn Lorenzo w’imyaka 18 niwe wegukanye shampiyona y’Isi yo gusiganywa ku magare (Road Race) y’abatarengeje imyaka 23 aho yakoresheje amasaha atatu,iminota 57 n’amasegonda 27. Yakurikiwe n’Umusuwisi Huber Jan aho yamusize amasegonda 31 naho Marco Schrettr wa Austria we wasizwe umunota umwe n’amasegonda 13 aba uwa gatatu.
Urwand Rwari ruhagarariwe n’abakinnyi bane ariko umwe gusa niwe wabashije gusoza isiganywa Niyonkuru Samuel wenyine niwe wabashije kurirangiza akaba yasoreje ku mwanya wa 50 mu bakinnyi 56 barirangije. Yasizwe n’uwa mbere iminota 16 n’amasegonda ane.

Umutaliyani Finn Lorenzo w’imyaka 18 niwe wegukanye shampiyona y’Isi yo gusiganywa ku magare (Road Race) y’abatarengeje imyaka 23





Niyonkuru Samuel niwe munyarwanda rukumbi muri bane wabashije gusoza isiganywa







