Umutoza wa Arsenal, Mikel Arteta, amaze iminsi agirana ibiganiro na rutahizamu wa Real Madrid, Rodrygo Goes, w’imyaka 23, ku bijyanye no kumuzana ku Emirates Stadium mu ikipe ya Arsenal. Nk’uko bitangazwa n’ibinyamakuru bitandukanye, Arteta yamwemereye umwanya w’ingenzi mu ikipe, aho yifuza ko yaba umwe mu bakinnyi bazashingirwaho mu busatirizi bwa Arsenal mu mwaka w’imikino utaha wa 2025/2026.
Real Madrid ishobora kumureka agahita yerekeza muri Premier League niba habonetse ikipe itanga miliyoni 85 z’amapawundi (asaga miliyoni 100 z’amayero). Arsenal iri mu makipe yifuza kumusinyisha, ariko irahatana na Manchester United na Liverpool, nazo zifite inyota yo kumwegukana. 
Arteta arashaka kongera imbaraga mu busatirizi bwa Arsenal, cyane cyane mu rwego rwo kugabanya umunaniro kuri Bukayo Saka no kongera amahirwe yo gutsinda ibitego byinshi badashingiye k’umuntu umwe, ibyo abafana ba Arsenal bahora bashinja ikipe yabo kutagira barutahizamu bari ku rwego.
Nubwo ibiganiro bigikomeje, byitezwe ko Arsenal izakora ibishoboka byose ngo ibone Rodrygo, nk’uko Arteta yabimwijeje.
Rodrygo aherutse kwerekana ko ashaka gusohoka muri Real Madrid ubwo uyu mwaka w’imikino uzaba urangiye iyi kipe ikaba yamugurisha akigendera, ubwo Real Madrid yakinaga muri iyi wekendi Rodrigo yakuwe mubakinnyi bakinye na Celta vigo ubwo bayitsindaga ibitego 3-2, yakuwe mubakinyi bitabajwe muri uwo mukino nyuma yo kugaragaza ko atishimiye kuguma muri Real Madrid kandi nyamara ari umwe mubakinnyi bagiye bahabwa umwanya uhagije ndetse agakinishwa no k’umwanya we ariko muri uy’umwaka ntago yigeze Atanga umusaruro uhagije nk’uwo yari yitezweho.
Nugutegereza tukareba ko Arsenal izabasha kwegukana uno musore w’unya Brazil akaba yaza agafasha Arsenal muburyo bw’usatirizi dore ko biteganyijwe ko igomba no kugura umwataka.

Ibiganiro bigeze kure hagati ya Rodrigo na Arsenal kuri ngo umwaka utaha azeyerekezemo
