umutoza wa Manchester United Ruben Amorim yatangaje ko ikipe imeze neza ugereranyije n’umwaka ushize

umutoza wa Manchester United Ruben Amorim yatangaje ko ikipe imeze neza ugereranyije na mbere uko yarimeze bijyendanye n’uburyo irimo kujyenda yiyubaka.

Aganira na MUTV yagize ati ” Ndatekereza ko ubu ikipe imeze neza mu buryo bwose, umunsi ku munsi imitegurire irikugenda neza. Imirire ni myiza, uko bateka, ibyo turya ndetse n’uburyo dukoramo imyitozo. Abakinnyi barikwitwara neza, barabizi ko bagomba kwitanga ijana ku ijana, abatazabikora bizabagora, ibyo ni ingenzi.”

ikipe ya Mancherster United nyuma y’umwaka ushize yagize umwaka mubi w’imikino aho yarangirije ku mwanya wa 15 muri shampion ndetse ikanatsindirwa k’umukino wa nyuma wa Europe League, kuri ubungubu ino kipe imaze kwinjizamo abakinnyi batatu barimo Mathius Cuhna, Brayan Mbeumo, iyi kipe kandi irimo kwifuza Rutahizamu wa Benjamin Sesko.

Manchester United kandi imaze gukina imikino ibiri ya gicuti aho yatsinze West ham ibitego 2-1 ndetse itsinda na Bournemouth ibitego 4-1, ino kipe kandi izakina undi mukino wa gatatu wa gicuti tariki ya 3 Kanama 2025 na Everton.

umutoza wa Manchester United Ruben Amorim yatangaje ko ikipe imeze neza ugereranyije n’umwaka ushize

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

TJP Trends