Umwongereza Hudson Harry niwe wegukanye shampiyona y’Isi y’Amagare ya 2025 mu gusiganwa mu muhanda(Road race) ku ngimbi zitarengeje imyaka 19 aho yakoresheje amasaha abiri,iminota 55 n’amasegonda 19 ku ntera y’ibirometero 119.3km.
kuri uyu wa gatanu tariki ya 26 Nzeri 2025 shampiyona y’Isi yo gusiganywa ku magare ikomeje kubera hano mu Rwanda yakomeza k’umunsi wayo wa gatanu aho kuri uyu munsi mu masaha y’igitondo hakinywe icyiciro cy’abatarengeje imyaka 19, aho byaje kurangira Umwongereza Hudson Harry w’imyaka 18 y’amavuko ariwe uyegukanye aho yakoresheje amasaha abiri,iminota 55 n’amasegonda 19, Yakurikiwe n’Umufaransa Blanc Johan aho yamusize amasegonda 16 naho Jackowiak Jan ukomoka muri Poland nawe wasizwe aya masegonda aba uwa gatatu.
UmunyarwandaNtirenganya Moise yasoreje ku mwanya wa nyuma mu bakinnyi basoje isiganwa. Ari ku mwanya wa 66 aho yasizwe n’uwa mbere iminota 14 n’amasegonda 13. mu gihe Ntirenganya Jackson we yavuye mu isiganywa amaze kuzenguruka inshuro 5 gusa.
Abakinnyi 142 bo mu makipe 71 nibo batangiye isiganywa ryo kuri uyu munsi mugihe ababashije gusoza ari 66 gusa abandi bagiye bikura mu mu isiganywa hagati bitewe n’ibibazo bigiye bitandukanye





