Abantu benshi biganjemo abakunda imikino cyane Ruhago y’isi, bahora bibaza ingano y’abakurikira ku imbuga nkoranyambaga ibihangage mu gutera umupira ku rwego rw’isi.
Tjptrends yabateguriye Urutonde rw’abakinnyi batanu ba mbere bakurikirwa Cyane ku isi ku rubuga rwa Instagram mu abakina umupira w’amaguru by’umwuga, ibigaragaza ingano n’agaciro k’igikundiro bafite muri Rubanda.
Ku mwanya wa 5, hari umunyabigwi David Beckham, umwongereza wagacishijeho mu makipe menshi y’i burayi nka Manchester united, Real Madrid n’andi menshi Aho David Beckham akurikirwa n’abantu barenga miliyoni 88 kuri Instagram ye.
Ku mwanya wa 4, hari umukinnyi w’umufaransa Kylian mbappe waciye mu makipe arimo Paris en Germain ariko uri muri real Madrid yo muri Espagne, mbappe akurikirwa n’abantu miliyoni 123 kuri Instagram.
Umukinnyi wa 3 kuri uru rutonde ni Umunya Brazil waciye muri Fc Barcelona witwa Neymar Jr waje kuyivamo ajya muri Paris en Germain Nubwo nayo yaje kuyivamo, Neymar akurikirwa n’abantu miliyoni 229 ku rubuga rwa Instagram.
Umwanya wa 2 kuri uru rutonde uriho rurangiranwa mu mupira w’amaguru w’Umunya argentine waciye mu makipe arimo Barcelona yanakuriyemo akubakiramo amateka, Lionel Messi benshi bita umwami wa Ruhago akurikirwa n’abantu miliyoni 504 kuri uru rubuga rwa Instagram rukoreshwa na benshi.
Umunya Portugal Christiano Ronaldo niwe uyoboye abakinnyi kuri uyu mubumbe mu bakina Ruhago mu gukurikirwa Cyane kuko akurikirwa n’abantu miliyoni 649, akaba Ari umukinnyi ufite imipira ya Zahabu myinshi inyuma ya Lionel Messi uyoboye, Ronaldo yaciye mu makipe arimo Manchester united, Real Madrid, Juventus n’andi menshi.

Christiano ayoboye abakinnyi ba Ruhago bafite ababakurikira ku isi
