Uwashinze Telegram, Pavel Durov, Yemerewe Gusohoka mu Bufaransa Nubwo Iperereza Riracyakomeje

Pavel Durov, washinze akanayobora urubuga rwa Telegram, ntakiri mu maboko y’ubutabera bwo mu Bufaransa. Amakuru yatangajwe na AFP yemeje ko umucamanza wari uyoboye iperereza rye yemeye guhindura ibihano yari yarahawe.

Mu butumwa yashyize kuri Telegram ye ku wa Mbere, Durov yagize ati: “Nk’uko mushobora kuba mwabyumvise, nagarutse muri Dubai nyuma y’amezi menshi muri France kubera iperereza ryatangiye kubera ibikorwa by’abagizi ba nabi kuri Telegram. Iperereza riracyakomeza, ariko ndishimye kuba ngeze mu rugo.”

Durov yafashwe ku wa 24 Kanama 2024 akigera ku kibuga cy’indege cya Le Bourget i Paris. Yamaze iminsi ine mu maboko ya polisi, ibyatumye inkuru ye icicikana mu binyamakuru.

Nyuma y’ifungwa rye, urukiko rw’i Paris rwatangaje impamvu y’itabwa muri yombi. Yari akekwaho gufasha ibyaha bijyanye n’uburiganya bukozwe ku buryo bw’ikoranabuhanga, guhererekanya amafaranga mu buryo butemewe n’amategeko, no gukwirakwiza ibikoresho birimo amashusho y’abana abangamiwe ku mibonano mpuzabitsina (CSAM).

Mu gihe cye cy’ifungwa, Durov yemeye gutanga ingwate ya miliyoni 5 z’ama-Euro (€5 million), akajya yitaba polisi kabiri mu cyumweru, kandi ntiyemererwe kuva mu Bufaransa. Gusa ubu ayo mabwiriza yahinduwe, bituma ashobora gusohoka mu gihugu nta kibazo.

Urukiko rwa Paris ntirwatangaje impamvu rwemeye guhindura ibi bihano.

Nyuma y’itabwa muri yombi rya Durov, Telegram yahise ihindura uburyo bw’imikorere. Ubusanzwe, Telegram ntiyemeraga gutanga ubufasha mu birebana no gucunga ibivugirwa mu matsinda n’uduhuriro tw’abantu. Nyamara, nyuma y’icyemezo cyafashwe, Telegram yashyizeho uburyo bwo gutanga raporo kuri chats z’abigenga. Iyi mpinduka yahise ikurikirwa no gufunga amatsinda n’uduhuriro twari twaragaragayeho ibikorwa bitemewe n’amategeko.

Mu butumwa bwe, Durov yashimiye abacamanza bemeye ko agenda, ndetse n’itsinda rye ryamufashije kugaragaza ko Telegram yagerageje guhangana n’ibibazo byo gukumira ibyaha. Yagize ati: “Ndashimira abacamanza bemeye ko nsubira muri Dubai, kimwe n’abanyamategeko banjye n’ikipe yanjye. Telegram imaze imyaka irenze ibisabwa n’amategeko mu gucunga ibikorerwa ku rubuga rwayo no kurwanya ibyaha.”

Nubwo yemerewe gusohoka mu Bufaransa, Durov ntarava mu mazi abira. Iperereza riracyakomeje kandi birashoboka ko azakomeza gukurikiranwa mu nkiko z’u Bufaransa. Ku rundi ruhande, ntiyiteguye kongera kwishyura imisoro yo muri 2025 mu Bufaransa.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

TJP Trends