Wizkid na Burnaboy bakomeje kuyobora umuziki wa afurika

Igihugu cya Nigeria mu ngeri y’imyidagaduro gikomeje gukaba imyanya y’imbere mu bihugu bikora umuziki neza aho gihagarariwe n’abarimo Wizkid na Burnaboy binangiye kurekura imyanya ya mbere kuri Spotify.

Aba bahanzi ni bamwe mu bakomeye muri afurika aho babihamiriza ku buryo imibare yabo idahwema gutumbagira ku abasura ibihangano byabo ku mbuga bacururizaho umuziki zirimo Spotify n’izindi zikomeye.

Nyuma yo kugaragazwa kwa bamwe mu bahanzi bamaze iminsi bandikira amateka kuri Spotify ubu hashyizwe hanze indi mibare igaragaza abahanzi bamaze gukinwa kenshi kuri uru rubuga aho barangajwe imbere na Wizkid.

Wizkid ayoboye uru rutonde ku bagera kuri Miliyari icyenda na Miliyoni 300 bamaze gucuranga ibihangano bye bifashishije uru rubuga rwa Spotify ndetse Burnaboy akaba amugwa mu ntege kuri Miliyari umunani na Miliyoni icyenda.

Ku mwanya wa Gatatu hari uwitwa Rema ufite abagera kuri Miliyari eshanu na Miliyoni 200 bumvise ibihangano bye kuri Spotify naho Tems uherutse kubigeraho yujuje Miliyari enye kuri uru rubuga bimushyira ku mwanya wa Kane.

Ku mwanya wa gatanu hari Soolking na Miliyari Eshatu zirengaho mugihe mubandi bari kuri uru rutonde harimo Davido, abanya afurika y’epfo nka Tyla, Seether nabandi barimo Ayra starr wo Muri Nigeria.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

TJP Trends