Yago pondat n’umukunzi we bari mu byishimo bikomeye

Umuhanzi akaba n’umunyamakuru Yago Pondat n’umukunzi we bari mu byishimo mu byo kuba bitegura kwibaruka umwana wabo wa Mbere.

Yago pondat wamamaye cyane mu mwuga w’itangazamakuru mu Rwanda we n’umukunzi we babana mu gihugu cya Uganda bari mu byishimo bisendereye kubera ibihe barimo byiza byo kuba bitegura kubona umwana wabo wa Mbere kuko umukunzi we akuriwe.

Amakuru yabo yagiye hanze ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 26 mata 2025, ubwo uyu muhanzi Yago Pondat n’umukunzi we bakoresheje imbuga nkoranyambaga zabo bagashyira janze amafoto yabo agaragaza umukunzi we agaragara nk’ukuriwe bigaragaza ko bitegura kwibaruka.

Ni amakuru yari amaze iminsi ahwihwiswa ku mbuga nkoranyambaga ariko byari bitaragira gihamya kubera ibanga ryari rikomeje kuba ku ruhande rwa ba nyirubwite.

Yago Pondat ubu abana n’uyu mukunzi we witwa Teta mu gihugu cya Uganda aho uyu Muhanzi ubifatanya n’itangazamakuru amaze igihe akorera imirimo ye irimo umuziki n’ibiganiro acisha kuri shene ye.

Uyu muhanzi yamenyekanye cyane mu ndirimbo yashyize hanze mu mwaka wa 2022 yakunzwe cyane dore ko ari nayo ya mbere yari akoze acyinjira mu muziki, kugeza ubu ikaba imaze kurebwa n’abantu hafi miliyoni 4.5 kuri Shene.

anaherutse kandi gushyira hanze indirimbo Nshya yakoreye umukunzi we yise Elo yagaragayemo umukunzi we bivugwa ko ari nawe yayihimbiye.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

TJP Trends