Angine yaba itera ubugumba? Iby’ingenzi umuntu akwiye kumenya.

Hari abantu bakunze kwibaza niba indwara bita “angine” ishobora gutera ubugumba, cyane cyane iyo umuntu ayirwaye kenshi cyangwa akayivura atinze. Angine ikunze kwerekeza ku burwayi bw’umuhogo n’uturandaryi two mu muhogo, bushobora guterwa n’udukoko nka virusi cyangwa bacteri. Umuntu uyirwaye ashobora kugira kubabara mu muhogo, kugira umuriro, kubabara igihe amira, kubyimba uturandaryi two mu ijosi ndetse rimwe na rimwe akagira utubyimba cyangwa utubara tw’umweru mu muhogo.

Ku bijyanye n’ubugumba, ni ngombwa gutandukanya angine yo mu muhogo n’indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina. Ubugumba ni igihe umuntu adashobora gutera inda cyangwa gusama nyuma yo gukora imibonano mpuzabitsina idakingiye mu gihe gisanzwe giteganywa n’inzobere. Muri rusange, angine yo mu muhogo ubwayo ntabwo ari indwara izwiho gutera ubugumba. Kuba umuntu yarigeze kurwara angine ntibihagije kuvuga ko bishobora gutuma atazabyara.

Icyakora, hari izindi ndwara zishobora kwitiranywa n’ibimenyetso by’angine cyangwa zikaba zifitanye isano n’ubuzima bw’imyororokere. Zimwe mu ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina, nka( chlamydia) indwara yandurira mu mibonano mpuzabitsina iterwa na bagiterina n’imitezi, zishobora gutera ibibazo bikomeye ku myanya myororokere iyo zitavuwe hakiri kare. Ku bagore, urugero, izo ndwara zishobora gukwira mu myanya myororokere zigatera Indwara y’ubwandu bw’ingingo z’imyororokere z’umugore zo mu nda (PID), ishobora kongera ibyago byo kwangirika kw’imiyoboro y’intanga no kubura ubushobozi bwo gusama.

Ni yo mpamvu ari ngombwa kutavuga ko umuntu wese urwaye angine ashobora kuzaba ingumba. Angine isanzwe n’indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina ni ibintu bitandukanye, kandi buri kimwe gisaba gusuzumwa no kuvurwa mu buryo bwacyo. Umuntu ufite ibimenyetso nk’ububabare bukomeye bwo mu muhogo, umuriro ukabije, kubura ubushobozi bwo kumira, cyangwa ibimenyetso bimara igihe, akwiye kujya kwa muganga aho kwishingikiriza ku makuru yo ku mbuga nkoranyambaga.

Abahanga mu buzima kandi bakangurira abantu kwirinda kwivura imiti ya antibiyotike uko bishakiye. Kubera ko angine ishobora guterwa na virusi cyangwa bacterie, antibiyotike ntabwo ikwiye gufatwa buri gihe; umukozi w’ubuzima ni we ugomba gusuzuma impamvu y’indwara akagena niba iyo miti ikenewe. Gukoresha antibiyotike nabi bishobora gutuma udukoko tw’indwara turushaho kuyirwanya, bigatuma kuvura indwara bigorana.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

TJP Trends