INGARUKA ZO KWICARA IGIHE KIREKIRE KU BUZIMA.

Muri iki gihe abantu benshi bamara igihe kinini bicaye bakoresha telefone, mudasobwa cyangwa bareba televiziyo. Abanyeshuri bamara amasaha menshi mu ishuri no mu gusubiramo amasomo, naho abakora mu biro bakicara umunsi wose. Nubwo kwicara ari ibisanzwe, kwicara igihe kirekire cyane bishobora kugira ingaruka mbi ku buzima bw’umuntu.

Iyo umubiri utabona uko wimurwa bihagije, ibice byinshi byawo bitangira gukora nabi.Kwicara igihe kirekire bishobora gutera ububabare bwo mu mugongo, mu ijosi no mu bitugu. Iyo umuntu yicaye nabi cyangwa yunamye igihe kinini, imikaya n’amagufa birananirwa. Abantu benshi bumva umugongo ubarya cyangwa ijosi ribabaza bitewe no kumara amasaha menshi bicaye. Ibi bishobora no gutuma umuntu atabasha gukora neza ibikorwa bye bya buri munsi.

Ikindi kandi, kwicara cyane bishobora gutera umubyibuho ukabije. Iyo umuntu atagenda cyangwa ngo akore siporo, ibinure biriyongera mu mubiri kubera calories zidashya. Ibi bishobora gutera izindi ndwara nka diyabete, umuvuduko ukabije w’amaraso ndetse n’indwara z’umutima. Abantu bicara cyane kandi bakarya byinshi baba bafite ibyago byinshi byo kugira ibyo bibazo.

Kwicara igihe kirekire bishobora no kugira ingaruka ku mutima no ku gutembera kw’amaraso. Amaraso agenda gahoro cyane cyane mu maguru, bigatuma umuntu yumva amaguru aremereye cyangwa abyimba. Umutima nawo ukora cyane kugira ngo ukomeze gutembera amaraso neza mu mubiri. Ibi bishobora kongera ibyago byo kurwara indwara z’umutima cyangwa gufungana kw’imitsi ijyana amaraso mu bwonko .

Hari kandi n’ingaruka ku buzima bwo mu mutwe. Abantu bamara igihe kinini bicaye, cyane cyane imbere yibirahure bya terevisiyo cyangwa. terephone, bashobora kugira umuhangayiko cyangwa kwiheba.Kutabona umwuka mwiza bihagije bishobora gutuma umuntu yumva ananiwe cyangwa adafite ibyishimo. Ku banyeshuri, ibi bishobora gutuma bibagirwa vuba cyangwa batabasha kwibanda ku masomo neza.

Kwicara igihe kirekire kandi bishobora gutera intege nke mu mikaya no mu maguru. Iyo umuntu adakoresha umubiri we bihagije, imikaya iracika intege. Hari abantu bumva amaguru ananiwe cyangwa ababaza nyuma yo kwicara igihe kinini. Ibi bishobora gutuma umuntu atakaza imbaraga zo gukora ibikorwa bisanzwe bya buri munsi.

Kugira ngo umuntu yirinde izi ngaruka, ni byiza guhaguruka buri minota 30 cyangwa isaha imwe kugira ngo agende gato cyangwa arambure umubiri. Gukora siporo buri munsi no kugabanya igihe umuntu amara kuri telefone cyangwa mudasobwa nabyo ni ingenzi. Kwicara neza kandi ukoreshe intebe iboneye bifasha kurinda umugongo n’ijosi.

Mu gusoza, kwicara igihe kirekire bishobora kugira ingaruka nyinshi mbi ku buzima bw’umuntu. Bishobora gutera ububabare bw’umugongo, umubyibuho ukabije, indwara z’umutima ndetse n’ibibazo byo mu mutwe. Ni ngombwa ko abantu bose bakora no gukora siporo kugira ngo bagire ubuzima bwiza.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

TJP Trends