
Amazi ni ingenzi cyane mu buzima bwa muntu kuko umubiri wacu ugizwe n’amazi ku kigero kiri hejuru cyane. Nubwo abantu benshi batabyitaho bihagije, kunywa amazi ahagije buri munsi ni imwe mu nkingi z’ingenzi zituma tugira ubuzima bwiza kandi burambye.
Amazi ni isoko y’ubuzima kuko agira uruhare mu mikorere hafi ya yose y’umubiri wacu.Icya mbere, amazi afasha umubiri gukora neza buri munsi. Afasha mu gutwara intungamubiri ziva mu biryo turya , akazigeza mu ngingo zitandukanye z’umubiri. Nanone kandi, amazi afasha mu gusohora imyanda n’ibintu byangiza umubiri binyuze mu nkari, ibyuya n’indi myanda isohoka mu mubiri. Iyo umuntu atanywa amazi ahagije, ashobora kugira ibibazo nko kunanirwa vuba, kubabara umutwe, kumva azungereye, ndetse rimwe na rimwe bikaba byamuviramo indwara zikomeye.

Icya kabiri, kunywa amazi bihagije bifasha mu kugumana ubushyuhe bw’umubiri ku rugero rukwiye.Iyo dukora imirimo iremereye cyangwa siporo, tubira ibyuya bigatuma dutakaza amazi menshi. Iyo tutayisubije mu mubiri binyuze mu kunywa amazi, bishobora gutuma tugira ikibazo cyo kubura amazi mu mubiri tukagira umwuma, kikaba cyateza umunaniro ukabije, umutwe uremereye ndetse n’izindi ngaruka mbi ku buzima.
Icya gatatu, amazi afasha igogorwa ry’ibiryo kugenda neza. Iyo tunywa amazi ahagije, igogorwa riroroha kandi rigakorwa neza, bigafasha umubiri kubona intungamubiri zose ukeneye. Iyo amazi ari make mu mubiri, umuntu ashobora kugira ikibazo cyo kutarya neza cyangwa akagira impatwe , bikabangamira ubuzima bwe bwa buri munsi.
Icya kane, amazi afasha uruhu kuguma rufite ubuzima bwiza. Uruhu rufite amazi ahagije rusa neza, rukaba rworoshye kandi rutagaragaza vuba ibimenyetso byo gusaza. Abantu banywa amazi make bakunze kugira uruhu rwumye, rucikagurika cyangwa rutagira ububengerane. Bityo kunywa amazi ni kimwe mu bintu byoroshye byagufasha kwita ku ruhu rwawe.

Icya gatanu, amazi agira uruhare rukomeye mu mikorere myiza y’ubwonko. Iyo umubiri ufite amazi ahagije, ubwonko bukora neza, umuntu akabasha gutekereza neza, kwibanda ku masomo cyangwa ku kazi, ndetse no gufata ibyemezo byiza. Ariko iyo amazi ari make, bishobora gutuma umuntu atabasha kwibanda, akibagirwa vuba cyangwa akumva ananiwe mu mutwe.
Ikindi kandi, kunywa amazi bifasha mu kugabanya ibyago byo kurwara zimwe mu ndwara zifata umubiri. Amazi afasha mu umubiri kuwurinda ibintu byawuteza indwara. Hari n’igihe bifasha mu kugabanya ibiro ku bantu babyifuza, kuko kunywa amazi mbere yo kurya bishobora gutuma umuntu atarya byinshi birenze urugero.

kunywa amazi ahagije buri munsi ni imwe mu ngeso nziza buri muntu akwiriye kugira. Bituma umubiri ukora neza, bikarinda indwara, bigafasha mu bwiza bw’uruhu ndetse no mu mikorere y’ubwonko. Ni byiza ko umuntu agerageza kunywa nibura ibirahuri 6 kugeza kuri 8 by’amazi ku munsi, cyangwa akayarenza bitewe n’uko akora, ikirere arimo n’uko yumva inyota. Jya witoza kunywa amazi buhoro buhoro umunsi wose aho gutegereza inyota ikabije. Gira amazi hafi yawe buri gihe, kandi ujye wibuka ko amazi ari ubuzima.
